Connect with us

Hi, what are you looking for?

Politiki

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye kohereza muri Sudani y’Epfo na Centrafrique abapolisi 340

Biteganyijwe ko aya matsinda abiri y’abapolisi b’u Rwanda azahaguruka i Kigali ku wa Kabiri tariki 7 Ugushyingo mu 2023. Rimwe rigizwe n’abapolisi 160 bazajya i Juba muri Sudani y’Epfo, mu gihe abandi 180 bazajya muri Centrafrique mu gace ka Bangassou.

Aba bapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri ibyo bihugu.

Kuri uyu wa Mbere tariki 6 Ugushyingo mu 2023, nibwo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yagiranye ibiganiro na bo mbere yo gufata indege bajya mu kazi.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko CG Felix Namuhoranye yabonanye n’aba bapolisi kugira ngo abagezeho impanuro.

Ati “Impanuro ziba ari nyinshi ariko icya mbere, nubwo bagiye bahagarariye u Rwanda, batwaye Ibendera ry’u Rwanda ariko bazambara ibirango by’Umuryango w’Abibumbye, mu yandi magambo bazakora inshingano bahawe n’uhagarariye Loni muri ibyo bihugu bagiyemo. Ni ukubibutsa ko ibyo bagiye gukora byose hari andi mabwiriza bazahabwa aturutse ku Munyamabanga mukuru wa Loni.”

Yakomeje avuga ko ikindi yabibukije ari ukwitwara neza. Ati “Yabagiriye inama yo kwitwara neza, birumvikana ko utakuzuza inshingano hatabayeho imyitwarire myiza, gukora kinyamwuga, hatabayeho gukora barangwa n’indangagaciro nyarwanda kugira ngo babashe guhesha ishema igihugu cyabatumye.”

ACP Boniface Rutikanga yavuze ko mu bindi aba bapolisi basabwe harimo gukorana neza n’Abanyarwanda bazasanga muri ibi bihugu bagiye gukoreramo akazi.

Biteganyijwe ko ubutumwa bw’aba bapolisi buzamara umwaka nyuma bakagaruka mu Rwanda.

 

U Rwanda rugiye kohereza muri Sudani y’Epfo na Centrafrique abapolisi 340

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI