Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Gicumbi: Umugabo yicishije isuka umugore wa Nyirarume amusanze mu murima

Karegeya w’imyaka 28 arakekwaho kwicisha isuka umugore wa Nyirarume amusanze mu murima ahinga, birakekwa ko bapfuye amakimbirane ashingiye ku mirima.

Ibi byabaye  mu masaha saa mbili z’igitondo cyo ku wa 21 Werurwe, 2022 bibera mu Murenge wa Shangasha, Akagali ka Nyabisambi, Umudugudu wa Kagari mu Karere ka Gicumbi.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Nyiraneza Florentine w’imyaka 38 yarimo ahinga ndetse ahetse umwana, umugabo witwa Karegeya w’imyaka 28 amusangayo amwaka isuka ayimukubita mu mutwe undi ahita apfa.

Uyu Karegeya ni mwishywa w’umugabo wa nyakwigendera, amakimbirane bari bafitanye ashingiye ku mitungo ni cyo gikekwa ko ari intandaro y’urwo rupfu. Uwo mugabo yavugaga ko umurima bahinga ari uwe  gusa, andi makuru akavuga ko agira uburwayi bwo mu mutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shangasha, Mbarushimana Prudence yabwiye UMUSEKE ko ayo makuru bayamenye ndetse ko ukekwa yamaze gutabwa muri yombi.

Yagize ati “Ni byo yamusanze mu murima amwaka isuka yahingishaga ayimukubita mu mutwe undi ahita apfa.  Amakuru dufite ni uko uwo muhungu niho yaryaga, ni we wamugaburiraga (nyakwigendera). Ni uko bavugaga ko ahantu yahingaga hari mu kwe.”

Yakomeje ati “Ibyo bibazo byaradutunguye cyane. Ukekwa yamaze gushyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha sitasiyo ya Byumba.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage  kwirinda ibikorwa bihembera urwango ahubwo bakimakaza umuco  w’amahoro.

Ati “Ibyo ni ibikorwa bigayitse kandi binababaje, Abanyarwanda bagitekereza abandi nabi uwo ni umuco mubi, twasaba ko  n’abafite uwo mutima mubi wo kuba bagirira abandi nabi babireka bakimakaza umuco w’amahoro Nyarwanda kurusha uko bagira uwo kugira nabi.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya  Byumba kugira ukorerwe  isuzuma mu gihe iperereza rigikomeje.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. Damuru

    March 22, 2022 at 8:02 pm

    UWO SI UMUTIMA WA KIMUNTU BURI WESE UFITE INGESO NKIZO NIYIHANE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI