Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Rubavu: Umunyonzi yagonzwe na Fuso ahita apfa

Ni amato abiri ya 2 yifashishijwe muri iki gikorwa

Niyonizera Emile Donald w’Imyaka 19 y’amavuko wakoraga akazi ko gutwara abantu ku magare, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri mu Murenge wa Nyakiriba yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ahita ahasiga ubuzima.

Ahagana saa kumi n’iminota makumyabiri z’umugoroba (4:20 p.m) kuri uyu wa Kabiri, tariki 22 Werurwe 2022, nibwo iyi mpanuka yabayeho, ibera mu Mudugudu wa Kayove, Akagari ka Kanyefura mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu.

UMUSEKE, aya makuru wayahamirijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Nyiransengiyumva Monique, avuga ko uyu munyonzi yagonzwe agahita ashiramo umwuka.

Yagize ati “Nibyo iyo mpanuka yabaye ahagana saa kumi n’iminota makumyabiri(4:20 p.m), umushoferi wari utwaye Fuso yagonze umunyonzi ahita ahasiga ubuzima. Icyateje impanuka ntabwo kirasobanuka ariko inzego zibishinzwe zirimo kubikurikirana, ubusanzwe aha hantu nta mpanuka zahabaga nk’izi.”

Iyi Fuso ifite nimero iyiranga ya RAE 302 Z yari itwawe n’umushoferi witwa Mbarimombazi Ismael, ubwo mpanuka yamaraga kuba yashatse gutoroka gusa yahise afatwa ubu akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kanama.

Nyiransengiyumva Monique uyobora Umurenge wa Nyakiliba akaba yasabye abakoresha umuhanda kurushaho kwitwararika, abashoferi bakirinda gutwara banyoye ibisindisha, bakanirinda gutwara bavugira kuri telefone.

Ni mu gihe kandi n’abandi barimo abanyamaguru bakwiye kubahiriza amategeko agenga umuhanda.

Umurambo wa nyakwigender aukaba wahise ujyanwa ku bitaro bikuru bya Gisenyi. Iperereza rirakomeje ngo hamenyekane icyaba cyateye iyi mpanuka yatwaye ubuzima bw’umuntu.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI