Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Ish Kevin na bagenzi be barasaba ubutabera nyuma y’uko Umujyi wa Kigali ubahagarikiye igitaramo

Igitaramo cya ‘The love drunk concert’ cyatumiwemo umuraperi ukomeye wo muri Nigeria YCEE cyahagaritswe n’Umujyi wa Kigali ku mpamvu abagiteguye bavuga ko batumva, hakanavugwa byinshi ku mbuga nkoranyambaga.

Abahanzi bagombaga kuririmba muri iki gitaramo

Abateguye iki gitaramo n’abahanzi bavuga ko bagomba kurenganurwa mubyo bise “Ibyemezo by’umuntu ku giti cye” wabahombeje miliyoni zisaga 20.

Umujyi wa Kigali wahagaritse iki gitaramo cyaberaga muri Hotel Villa Portofino kuri uyu wa Gatandatu ahagana isaa yine z’ijoro uvuga ko cyateraga urusaku biba ngombwa ko gihagarikwa igitaraganya.

Mw’ibaruwa yashyizweho umukono na Mpabwanamaguru Merard Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali, igaragaza ko abateguye iki gitaramo batubahirije ingingo ya 3 mu masezerano bagiranye ubwo babahaga uburenganzira bwo gukora iki gitaramo.

Rukundo Gilbert uhagarariye Evolve Music Group uri mubateguye iki gitaramo avuga ko bakorewe akarengane n’umuntu witwaje imbaraga ze ku giti cye, agategeka ko bazimya ibyuma.

Ati “Nta gipapuro yari afite kimwemerera kuba yahagarika igitaramo cyacu, nta rusaku rwari ruhari kuko na Polisi twarayandikiye tuyisaba uburenganzira, RDB na RSB batubwira amabwiriza tugenderaho turayubahiriza.”

Abahanzi bari batumiwe muri kiriya gitaramo bavuga ko bakeneye guhabwa agaciro ndetse no kumenya ko ibyo bakora babitangaho amafaranga atari inkunda rubyino zo kugira insina ngufi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Umuraperi Ish Kevin avuga ko bakeneye ubutabera kuko bakorewe akarengane.

Ish Kevin ashyira mu majwi Mpabwanamaguru Merard guhagarika igitaramo cye ku buryo butemewe n’amategeko.

Ati “Nta mupolisi wigize yumva urusaku rw’umuziki ngo aze ahagarike igitaramo byakozwe na Visi Mayor wari urimo anywa inzoga n’abandi, sinzi aho yakuye igitekerezo cyo guhagarika igitaramo yari arimo abyinamo, n’ibintu by’umuntu ku giti cye.”

Yagaragaje ko ihagarikwa rya kiriya gitaramo byamuhombeje asaga Miliyoni 20 y’u Rwanda kandi yari afite ibyangombwa byose bimwemerera gukora iki gitaramo.

Umuraperi Kivumbi mu butumwa bukakaye yanditse kuri Twitter ko akarengane no gucinyizwa kw’abahanzi birya bakimara aribyo bituma ababashije kugera i Bulayi no muri Amerika ariyo mpamvu bagumayo.

Ati “Twacecetse igihe kirekire birahagije, mwatubujije uburenganzira igihe kirekire, imyaka Ibiri duhangana n’icyorezo none baranga ko dukora, ni gute uhagarika igitaramo ngo cyateje urusaku mbere ya saa Yine z’ijoro.”

Umuhanzi Gabiro Guitar yavuze ko nk’abantu bakora, bashaka kwiteza imbere badateze amaboko, bigoranye ko bagera ku iterambere bifuza mu gihe hakiri inzego z’ibanze zibabangamira.

Ati “Barafungura Gisimenti ariko twe bakadufungira ngo urusaku, umuntu araza ntashaka kumvikana, turi abantu bashaka kwiteza imbere nicyo igihugu cyacu kidusaba, ntabwo byagerwaho abantu nk’aba bakora gutya, ubwo se tuzabaho gute.?” Niko yabwiye Itangazamakuru ubwo kiriya gitaramo cyahagarikwaga

Ku mbuga nkoranyambaga hari kuvugwa byinshi ku cyaba cyatumye icyo gitaramo gihagarikwa harimo ko byakozwe n’umuntu ku giti cye yirengagije imvune n’amafaranga iki gitaramo cyashowemo.

Amakuru UMUSEKE ufite ni uko asaga Miliyoni 15 y’u Rwanda yashowe muri iki gitaramo cyahagaritswe n’Umujyi wa Kigali.

Ibihumbi Bine by’amadorali niyo mafaranga yategewe indege Umuraperi YCEE ukomoka muri Nigeria.

Abateguye iki gitaramo bavuga ko batifuza kuyoborwa nk’inka, ko iki kibazo cyakemurwa na Perezida wa Repubulika, Nyakubahwa Paul Kagame kugira ngo abahanzi bahabwe agaciro kandi batezwe imbere n’umwuga wabo.

Ibaruwa ibaha uburenganzira bwo gukora iki gitaramo

Abahanzi bagombaga kuririmba muri iki gitaramo

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI