Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Muheto wegukanye MissRda2022 yazirikanye abamushyigikiye abagenera ubutumwa

Nshuti Muheto Divine wegukanye irushanwa rya Miss Rwanda 2022, yashimiye abamushyigikiye muri iri rushanwa yegukanyemo ikamba by’umwihariko umuryango we n’inshuti bamugiriye icyizere.

Ubwo Miss Muheto yegukanaga ikamba

Mu butumwa yatambukije kuri uyu wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, nyuma y’umunsi umwe yegukanye ikamba rya Miss Rwanda, Muheto Nshuti Divine yagaragaje ibinezaneza yatewe no kwegukana iri rushanwa yari ahanganyemo n’abandi bakobwa 18.

Muri ubu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’abategura Miss Rwanda, Muheto yatangiye agira ati “Ndabashimira cyane uburyo mwambaye hafi.”

Yakomeje ashimira umuryango we n’inshuti bamugiriye icyizere na bo bakamushyigikira ndetse “na buri wese wanshyigikiye, naba nzi n’uwo naba ntazi, ndagushimira cyane.”

Miss Muheto yaboneyeho gusaba bagenzi be batagize amahirwe yo gutsinda, abasaba gukomeza gushyiramo imbaraga. Ati “Uyu munsi bishobora kwanga ariko ejo bigakunda.”

Yanashimiye abategura iri rushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko ryahaye urubuga abakobwa bakagaragaza ibyo bashoboye.

Ati “Njyewe Miss Rwanda 2022 n’abandi bakobwa turi kumwe mu irushanwa n’abatari baza mu irushanwa bari kubiterekeza turabashimira kuba mwaraduhaye urubuga rwo kuba twagaragarizamo ko dushoboye.”

Miss Nshuti Muheto Divine wegukanye ikamba rya Miss Rwanda mu irushanwa ryasojwe mu ijoro rishyira ku Cyumweru tariki 20 Werurwe, ni umukobwa wakunze guhabwa amahirwe na benshi bakurikiranye iri rushanwa rikiri mu majonjora y’abazahagararira Intara n’Umujyi wa Kigali.

Amarira y’ibyishimo yarashotse

Yanabaye Miss Popularity

Akanyamuneza kari kose

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI