Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Nyanza: Batandatu batawe muri yombi bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore waguye mu kabari

Mu Mudugudu wa Musenyi, mu Kagari ka Migina mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza haravugwa abantu batandatu batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusore wapfuye aguye mu kabari.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Muyira bwasabye abaturage kwirinda urugomo

Ku wa Gatanu taliki ya 18 Werurwe 2022 ahagana saa munani z’igicuku nibwo umusore witwa Barisanga Donath w’imyaka 27 y’amavuko wari usanzwe ukora akazi k’ubukarani mu mudugudu wa Musenyi mu kagari ka Migina yapfuye bivugwa ko nyakwigendera yatewe icyuma mu mutima ahita apfa.

Icyo cyuma ngo yagitewe n’uwitwa Gatera Claude w’imyaka 31 y’amavuko wakoraga akazi ka mucoma mu kabari k’uwitwa Bikorimana Damascene.

Gasengayire Irené ushinzwe imari n’ubutegetsi (Admin) mu Murenge wa Muyira yabwiye UMUSEKE ko babimenye bihutira kuhagera.

Ati“Twasanze umurambo wa Donath ku muryango yapfuye ahantu hari akabari ariko ntabwo twamenye niba ari icyuma yatewe mu mutima ibyo byakwemezwa na muganga ndetse na RIB kuko iperereza ryaratangiye.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko RIB yahise ita muri yombi abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uriya musore aribo Niyomugabo Jean Baptiste w’imyaka 31 y’amavuko wakoraga akazi ko guha serivisi abakiliya (Barman), Gatera Jean Claude w’imyaka 31 y’amavuko wakoraga mu kabari (Mucoma) ari na we bivugwa ko yateye icyuma Donath bivugwa ko abari aho ngo banahise bamukingirana mu nzu, Mukamana Françoise w’imyaka 27 y’amavuko, Ndizeye Fiston w’imyaka 19 y’amavuko, Mbarushimana Samuel w’imyaka 30 y’amavuko na Ndayishimiye François w’imyaka 20 y’amavuko.

Bariya bose bakaba bafungiye kuri Polisi station ya Muyira.

Ubuyobozi bwa hariya bwasabye abaturage kwirinda urugomo rwanatuma habaho ibyago byanatuma umuntu yitaba Imana bunabibutsa gutangira amakuru ku gihe

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Théogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW/Nyanza

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI