Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Charly na Nina bishimiwe n’abatari bake mu gitaramo cya “Comedy Store” i Kampala

Abanyarwandakazi bagize itsinda rya Charly na Nina bataramiye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda bishimirwa n’abatari bake bari bitabiriye igitaramo cya “Comedy Store”.

Charly na Nina baririmbye indirimbo zabo nshya n’izakunzwe

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 16 Werurwe 2022, saa tanu z’ijoro za Uganda nibwo aba bahanzikazi b’Abanyarwanda bataramiye mu Mujyi wa Kampali muri Uganda.

Iki gitaramo “Comedy Store” gitegurwa n’umunyarwenya Alex Muhangi aho kimaze kwamamara muri iki gihugu, Charly na Nina bakaba bakiriwe n’abarimo abanyarwanda benshi baberetse urukundo ubwo bageraga ku rubyiniro  babasusurutsa mu ndirimbo zabo zakunzwe kugeza ubu, ndetse n’indirimbo yabo nshya “Lavender”.

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe ku bwinshi, Charly na Nina ubwo baririmbaga indirimbo “Owooma” bakoranye na Geosteady, yaje kubasanga ku rubyiniro bafatanya kuyiririmba. Geosteady akaba nawe yari mu bandi bahanzi batumiwe muri iki gitaramo.

Charly na Nina bishimiye uko igitaramo cyagenze

Nyuma y’iki gitarama Charly na Nina bataramyemo i Kampala, Muhoza Fatuma uzwi ku izina rya Nina, mu kiganiro yagiranye n’UMUSEKE, yavuze ko bakiriwe neza muri Uganda kandi igitaramo cyangenze neza kuko bari bashyigikiwe n’Abanyarwanda batari bake.

Yagize ati “Twagezeyo amahoro nka saa tanu z’amanywa zaho, igitaramo cyo gitangira saa tanu z’ijoro. Igitaramo cyagenze neza cyane, twabonye Abanyarwanda benshi bacyitabiriye, abantu benshi bari baje kandi na bo bishimye, hari huzuye cyane.”

Nina yakomeje avuga ko bishimiye kongera kubonana na Geosteady bbakoranye indirimbo Owooma igakunda cyane.

Ati “Geosteady yari mu batumiwe kuririmba muri iki gitaramo, byari byiza cyane kubera ko ni umuntu twakoranye indirimbo yakunzwe cyane, twishimye kumubona burya iyo wakoranye n’umuntu muba mugomba gukomeza gukorana.”

Geosteady yaje kubafasha kuririmba indirimbo Owooma bakoranye

Iki gitaramo abari bacyitabiriye bishimiye uburyo aba bahanzikazi Charly na Nina babasusurukije. Nyuma y’iki gitaramo bakaba bakomeje imishinga irimo no gukorana n’abahanzi bo muri Uganda indirimbo.

Charly na Nina bagomba kugaruka i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Werurwe 2022.

Imyaka yari ibaye itatu nta muhanzi w’Umunyarwanda utaramira muri Uganda nubwo umubano w’ibihugu utari wifashe neza ariko ubu ukaba uri kugana heza nyuma y’ibiganiro birimbanyije. Charly na Nina baherukaga gutaramira muri Uganda mu 2018 babaye abahanzi ba mbere baturuka mu Rwanda bataramiye muri iki gihugu.

Iki gitaramo cya Comedy Store cyari cyitumiwemo n’abandi bahanzi barimo John Blaq, Geosteady ndetse n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda.

Charly na Nina basusurukije abantu Kampala karahava

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

 

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI