Connect with us

Hi, what are you looking for?

Afurika

Bitunguranye Lt.Gen Muhoozi umuhungu wa Museveni yasezeye mu Gisirikare

Umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, Lt.Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko nyuma y’imyaka 28 ari mu Gisirikare cya mbere ku Isi, asezeye.

Lt Gen Muhoozi yatangaje ko asezeye mu gisirikare

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri, bugatungura benshi, Lt.Gen. Muhoozi Kainerugaba yavuze ko asezeye mu Gisirikare yise ko ari intangarugero ndetse kikaba ari cyo gikomeye ku Isi.

Yavuze ko nyuma y’imyaka 28 ari muri iki Gisirikare, yifuje kumenyesha abantu ko asezeye mu iki Gisirikare yari anabereye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Yaboneyeho gushimira abasirikare bagenzi be bafatanyije mu gihe yari Umusirikare, avuga ko bageze kuri byinshi.

Yakomeje avuga ko agomba urukundo n’icyubahiro “abo bagabo n’abagore bose [Abasirikare] kubera kugeza kuri Uganda ibyiza.”

Ni ubutumwa bwatunguye benshi, bamwe babanje no kutabyemera kubera uburyo bazi uyu mugabo akunze gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane aganira.

Gusa abandi bahise bagaruka ku bimaze iminsi bivugwa ko azasimbura se Museveni ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, bavuga ko atangiye iyi nzira dore ko binavugwa ko aziyamamaza mu matora yo muri 2026.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. rukabu

    March 8, 2022 at 10:07 pm

    Yasezeye,yasezerewe,yisezereye, yasabye gusezererwa mu ngabo ntiwamenya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI