Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Rubavu: Umusore yasanzwe yapfuye bigakekwa ko yazize imirwano na bagenzi be 

Umusore wari usanzwe akora akazi k’ubuzamu utazwi imyirondoro ariko usanzwe uzwi ku izina rya Jado yasanzwe aho yakoraga yapfuye, birakekwa ko yazize imirwano yagiranye na bagenzi be batutu bakoraga akazi kamwe.

Inzu nyakwigendera yakoragaho akazi ko kuyicungira umutekano

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 7 Werurwe 2022, mu Mudugudu wa Gikarani, Akagari ka Nengo mu Murenge wa Gisenyi, Akarere ka Rubavu, nibwo basanzwe uyu musore yapfiriye aho yakoraga akazi ko gucungira umutekano inzu.

Urupfu rw’uyu musore uzwi ku izina rya Jado birakekwako rwaba rwatewe n’imirwano yagiranye na bagenzi be batatu, aho kuri ubu babiri batawe muri yombi undi akaba ari mu bitaro kuko yakomerekeye muri iyi mirwano.

Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi,Tuyishime Jean Bosco, yabwiye UMUSEKE ko urupfu rw’uyu musore bataramenya imyirondoro ye rwaba rwatewe n’imirwano yagiranye na bagenzi be bakoraga akazi kamwe k’ubuzamu.

Yagize ati “Mu gitondo nibwo twamusanzwe mu Kagari ka Nengo mu Mudugudu wa Gikarani, yari asanzwe ari umuzamu rero hari abo barwanye kandi bari mu maboko y’ubugenzacyaha ngo hakorwe iperereza turaza kumenya ikivamo. Igikekwa nuko yaba yazize kurwana nabo babanaga bakora ubuzamu.”

Abo basore bandi batatu barwanye n’uyu nyakwigendera babiri muri bo bakaba bamaze gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ngo hakorwe iperereza ku ntandaro y’uru rupfu, undi mugenzi wabo akaba ari mu bitaro gukurikiranwa n’abaganga kubera iyi mirwano.

Tuyishime Jean Bosco asaba abaturage kurushaho kwirinda amakimbirane nk’aya yaba intandaro y’urupfu, ahubwo bakabana mu mahoro.

Ati “Icyo tubasaba ni ukwirinda amakimbirane ashobora kubyara urupfu, abantu bakabana mu mahoro bagamije iterambere ry’umuturage muri rusange.”

Umurambo wa nyakwigendera ukaba wahise ujyana ku bitaro kugirango ukorerwa isuzuma ku cyamwishe. Aba basore bandi barwanye nawe bakaba babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi mu Karere Rubavu.

Uri mu bitaro akaba ari Musabyimana Callixte ari nawe warwanye na nyakwigendera, iyo mirwano akaba ariyo ikekwa kuba intandaro y’uru rupfu. Icyateye iyi mirwano kikaba kitamenyekanye.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI