Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Shyorongi: Umugabo arakekwa kwicisha  isuka umugore we

Ayindemeye Jean Marie Vianey w’imyaka 44 arakekwa kwica uwari umugore we Mukeshimana Anne Marie w’imyaka 42 akoresheje isuka.

Umugabo yakubise umugore we isuka ashiramo umwuka

Ibi byabaye mu masaha ya saa tanu z’amywa yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Werurwe 2022, mu Murenge wa Shyorongi,Akagari ka Bugaragara mu Mudugudu wa Kiziranyenzi.

Amakuru UMUSEKE wahawe n’umuturanyi wabo, yavuze ko uyu muryango wahoraga mu ntonganya n’amakimbirane ashingiye kugucana inyuma.

Uyu yavuze ko hari ubwo umugabo yigeze guca inyuma umugore we maze afatirwa ku rundi rugo asabwa gutanga amafaranga ari naho intonganya zatangiriye.

Yagize ati “Mu minsi ishize hari urugo yagiye kwiba umugore w’abandi , gusambana yo ,baramufata , bamuca amafaranga, bishobora kuba ari byo bapfuye kuko umugore yavugaga ko agiye gukwa indaya atarigeze amukwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyorongi,Nzeyimana Jean Vedaste, yabwiye UMUSEKE ko intandaro y’urupfu rw’uyu mugore ari amagambo akomeretsa umugore yabwiraga umugabo we kuko yamucaga inyuma amubwira ngo asubire mu ndaya ze ahoramo.

Yahamirije UMUSEKE ko yicishije isuka umugore we maze abaturanyi batabaye asanga yenda gushiramo umwuka.

Ati “Ni intonganya zabaye hagati y’umugabo n’umugore, hanyuma biza kugeza aho ubwo umugabo agize umujinya n’uburakari kugeza biba bibi ,akubita umugore, akamukubita n’isuka .”

Uyu muyobozi yavuze ko umugabo yivugira ko yabitewe n’umujinya n’uburakari yagize by’intonganya bari bamaze kugirana.

Ati “Yamukubise aramwica.Habayeho gutabaza, abaturanyi baje basanga umugore yaguye, bamujyana ku kigo nderabuzima cya Shyorongi yamaze gushiramo umwuka.”

Yasabye abaturage kujya biyambaza ubuyobozi mu gihe habayeho amakimbirane mu ngo kandi hakaba hakwiyambaza amategeko  mu rwego rwo kwirinda  ko hagira uburiramo ubuzima.

Kugeza ubu Umugabo ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha sitasiyo ya Shyorongi.Ni mu gihe umurambo wa nyakwigendera we wahise ujyanwa gukorerwa isuzuma ku Bitaro bya Rutongo.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. rukebesha

    March 5, 2022 at 10:09 am

    Gushwana ndetse n’ubwicanyi kw’abashakanye,ahanini biterwa n’imitungo cyangwa gucana inyuma.Report ya RIB yerekana ko hagati ya 2018-2021,mu Rwanda abashakanye bicanye bagera kuli 169.Mu bihugu byinshi,nibuze 70% by’abashakanye (couples) baratandukana.Nyamara Imana yaturemye,isaba abashakanye kuba “umubiri umwe” (Intangiriro 2:24).Bakabana akaramata bakundana.Bagomba kwihanganirana,kubera ko nta zibana zidakomana amahembe.Nubwo ibyo binanira benshi,abakristu nyakuli barabishobora.Kubera ko ari itegeko ry’Imana kandi abantu bose banga kumvira Imana,izabakura mu isi ku munsi wa nyuma nkuko bible ivuga muli Imigani 2,umurongo wa 21 na 22.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI