Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Huye: Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro basabwe guhanga udushya

Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya IPRC Huye byumwihariko abaje kwigamo ari bashya basabwe kwiga bagatsinda bagahanga n’udushya.

Umuyobozi wa IPRC Huye, Lt. Col Twabagira yasabye abanyeshuri kugira imyitwarire myiza

Kuri uyu wa 04 Werurwe 2022 ubwo muri Kaminuza ya IPRC Huye hasozwgaa ku mugaragaro icyumweru cy’Intore mu zindi(induction and orientation week) Abanyeshuri bashya baje kwiga muri iyi kaminuza batojwe uburyo wo kubana na bagenzi babo berekwa n’ibikoresho byinshi bazigiraho.

Lt.Col.Dr TWABAGIRA Barnabe Umuyobozi wa IPRC Huye yavuze ko abanyeshuri bashya beretswe bakuru babo bakabafata neza aho kubafata nabi kuko abo bahasanze bakwiye gufata iya mbere bagafata neza barumuna babo kuko ari umuryango.

Ati”Twabasabye Kwiga bagatsinda kandi bagahanga udushya kuko igihugu cyacu kigizwe n’abanyarwanda benshi kandi abenshi barakora, ariko nubwo bakora tuba dukeneye kuzana udushya mu gihugu utwo dushya rero ntabandi bazatuzana atari aba banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro kuko nibyo biga bibaha amahirwe yo kumenya byinshi.”

Bamwe mu banyeshuri bashya baje kwiga muri IPRC Huye baravuga ko nabo ubwabo bashishikajwe no guhanga udushya.

Niyitegeka Peope waje kwiga mu ikoranabuhanga yavuze ko azakora ibishoboka byose kuburyo ibikoresho bishaje nka telefone azajya ahinduramo ibishya .

Ati“Ubu natangiye gutekereza ko nzakora ibintu byapfuye nka telefone, mudasobwa n’ibindi byari byarashaje byaravuye ku isoko bigasubirayo.”

Mugenzi we witwa Umuhoza Cynthia Naissa ati“Twihutira kumenya uburyo bwo guhanga udushya bikadufasha kuba twanaha abandi akazi maze tugacyemura ikibazo cy’ubushomeri gishobobora kuba kiri hanze hano.”

Ubuyobozi bw’ishuri rya IPRC Huye kandi bwasabye aba banyeshuri kugira imyitwarire myiza bakirinda ibiyobyabwenge, abakobwa bakirinda inda zitateganyijwe kandi bakabana neza n’abaturage bo mu Karere baturanye nabo byumwihariko abatuye mu karere ka Huye.

Abanyeshuri 596 nibo bashya bakiriwe mu ishuri rya IPRC Huye harimo abakobwa 125.

Abanyeshuri bashya muri IPRC Huye basabwe guhanga udushya

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Théogene NSHIMIYIMANA

UMUSEKE.RW/Huye

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI