Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Kamonyi: Abarokotse Jenoside 263 batagira akazi bagiye guterwa inkunga

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko bugiye gutera inkunga  imishinga y’Urubyiruko  263  rukomoka mu Miryango yarokotse  Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko bugiye gutera inkunga imishinga y’urubyiruko 263 rukomoka mu miryango yarokotse Jenoside

 Mu Kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Kamonyi Uwiringira Marie Josée avuga ko bagiye gutera inkunga urwo rubyiruko kubera ko rudafite aho rukura igishoro.

Uwiringira yavuze ko iyo mishinga yiganjemo iyo ubuhinzi n’ubworozi, ariko bikajyana n’ubushobozi Akarere gafite.

Ati “Mu gihe twitegura kwibuka ku nshuro ya 28  Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata yo mu 1994, twifuza gutera inkunga imishinga y’Urubyiruko cyane  rurangije amashuri rutagira akazi.”

Yavuze ko ku ikubitiro bazakira imishinga y’Urubyiruko igera kuri 263 aho buri mushinga bazawuha ibihumbi 200 ari nayo menshi Akarere gateganya gutanga muri iki gikorwa.

Uyu Muyobozi yavuze ko  hari inkunga y’ingoboka ihabwa abaturage muri rusange n’abarokotse Jenoside batishoboye by’umwihariko bifuza ko bazajya bacunga neza.

Uwiringira avuga ko iyo mishinga imaze gusuzumwa ko igisigaye ari ukuyitera inkunga, akavuga ko ku bufatanye na MINUBUMWE bazajya bafasha abatishoboye muri bo kugira ngo bivane mu bukene.

Ati ”Buri mwaka tugira Abarokotse Jenoside twubakira amacumbi.”

Gusa Ubuyobozi bw’Akarere buvuga  ko  hari abarokotse 165 bafite  inzu zishaje bagiye  gusana.

Bukavuga kandi ko hari  abagera ku bantu 112 batagira amacumbi bateganya kubakira.

Mu Karere ka Kamonyi Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bahabwa inkunga y’ingoboka ni abantu bagera ku 2072.
Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Kamonyi

1 Comment

1 Comment

  1. MUSEMAKWELI Prosper

    March 5, 2022 at 3:56 pm

    NTABWO NABYUMVISE GUSA NABISOMYE MUZANDEBERE ICYO AMATEGEKO ABIVUGAHO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI