Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amahanga

U Rwanda rwasobanuye uko Abanyarwanda baba muri Ukraine bifashe: 51 bamaze guhunga

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko Abanyarwanda 51 mu basanzwe baba muri Ukraine, bamaze gusohoka iki Gihugu kirimo kubera imirwano.

Bamwe mu barimo bagunda muri Ukraine (Photo/Internet)

Alain Mukuralinda yabitangarije Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, ubwo yagaragazaga ishusho y’imibereho y’Abanyarwanda bagera muri 85 basanzwe baba muri Ukraine.

Yavuze ko kugeza ubu hari amakuru meza y’uko Abanyarwanda bagera muri 51 babashishije gusohoka iki Gihugu cyugarijwe n’intambara, 50 muri bo bakaba bari muri Poland mu gihe undi umwe ari Hungary.

Mukuralinda yatangaje ko aba Abanyarwanda babashije gusohoka Igihugu babifashijwemo na Ambasade y’u Rwanda muri Poland kuko hari abakozi bayo bagiye kubakirira ku mupaka uhuza iki Gihugu na Ukraine.

Yavuze kandi ko hari kuba ubufatanye bwa Ambasade z’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, kuko ziri guhanahana amakuru y’aho abaturage bamwe bagiye baherereye ubundi, zikabasha kubohereza.

Yavuze kandi ko hari Abandi Banyarwanda bagera ku ikenda bari ku mupaka, bategereje gusokoka muri Ukraine mu gihe hari n’abandi 11 bari mu nzira berecyeza ku mupaka ariko hakaba n’abandi 15 bari mu bice biri kuberamo intambara bo bakaba badafite uburyo bwo kwinyagambura ngo bave aho bari babashe guhunga.

Alain Mukuralinda kandi atangaza ko kugeza ubu amakuru meza ahari ari uko nta Munyarwanda urapfira muri Ukraine cyangwa ngo akomerekere mu ntambara ikomeye iri kuhabera.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI