Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Dj Briane usetsa abantu kuri YouTube arembeye mu bitaro

Umuvangamiziki Esther Brianne Gateka uzwi nka Dj Briane ukunze gusetsa abantu ku mbuga nkoranyambaga kubera ibiganiro bye, arwariye mu bitaro nk’uko bitangazwa na zimwe mu nshuti ze za hafi.

Dj Briane

Dj Briane azwi cyane kuri YouTube, mu biganiro akunze kugirana n’abakoresha uru rubuga nkoranyambaga, aho avuga bimwe mu bidakunze kuvugwa na benshi, yiyemerera ko akunda inzoga kandi ko yumva bitamuteye ikimwaro.

Umunyamakuru Sabin Murungi bakunze kuganira, yatangaje ko uyu muvangamizikikazi ubu arwariye mu bitaro.

Mu butumwa Sabin yanyujije kuri Instagram, avuga ko ari “ubwa mbere mbonye Dj Briane byamukomeranye.” Kubera uburwayi afite.

Ubutumwa bw’uyu munyamakuru buherekejwe n’amashusho agaragaza Dj Briane aryamye mu gitanda cy’abarwayi ndetse ari no guterwa imiti izwi nka Serum, bukomeza bugira buti “Mumusengere ave mu bitaro vuba akomeze abahe show.”

https://www.instagram.com/tv/CahpTP1Ai1d/?utm_source=ig_web_copy_link

Aya mashusho kandi agaragaza Dj Briane bigaragara ko adafite ingufu n’ugushabuka bikunze kumuranga, kuko atagira ijambo avugamo ahubwo biba bigaragara ko yacitse imbaraga.

Zimzwe mu nshuti za hafi za Dj Briane kandi zagiye zishyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, zimwifuriza gukira vuba.

Dj Briane yamamaye cyane mu myaka ibiri ishize kubera ibiganiro bye bitambuka kuri YouTube aho akunze kuvugisha ukuri kwinshi ndetse akagaragaza uruhande aba ahagazemo adatewe ubwoba n’abashobora kubimunengera.

Yakunze kuvuga ko adashobora guhisha ko anyway inzoga ndetse rimwe na rimwe muri ibi biganiro akabizamo ari kuyinywa.

Nanone kandi Dj Briane akunze kugaruka ku byamamare bimwe, abivugaho amwe mu makosa abiziho atabiciye ku ruhande.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. Jean

    March 7, 2022 at 12:47 am

    Akunda kuvuga ibiki bitakunda kuvuga ukwo abikora mu bulili nabagabo ahora abikora nabo ntatinya kubivuga ubwo mubisanzwe atari umuco mu banya-Africa kubona umugore avuga uko bamusambanya. Nta kintu asimbuka cg ngo atinye ku kivuga ba Sabin bakabona za views ibihumbi.Arware akira gusa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI