Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Ruhango: Abiga muri Lycée IKIREZI bibukijwe ko amasomo y’imyuga ariyo atanga akazi

Abanyeshuri barangije mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro muri Lycée de Ruhango IKIREZI babwiwe ko  umubare munini w’abarangiza muri ayo mashuri babona akazi  bitagoranye.

Abanyeshuri 397 bigaga muri Lycée de Ruhango IKIREZI bahawe impamyabumenyi, bavuga ko abize muri ayo mashuri babona akazi

Abanyeshuri 397 barangije mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro bigaga mu mashami y’ibijyanye no guteka, ubwubatsi, ubudozi ubukerarugendo, icungamutungo basoje amasomo yabo babwirwa ko abize mu myuga badakunze guhura n’ikibazo cy’ubushomeri cyane iyo bitwaye neza.
Mu ijambo rye Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Ruhango Mukangenzi Alphonsine avuga ko kwiga imyuga n’ubumenyingiro bitanga akazi ugereranyije n’abarangiza mu mashami asanzwe.

Mukangenzi avuga ko icy’ingenzi ari ukugira ubushake n’ikinyabupfura mu byo umunyeshuri yiga.

Yagize ati”Amashuri y’imyuga ni meza kuko atanga akazi, ibyo mwiga bisaba kubishyira mu bikorwa mukoresheje amaboko.”

Uyu Muyobozi ashimira abashinze iri Shuri ry’imyuga akavuga ko n’igihugu cyifuza ko umubare w’abiga mu myuga wiyongera mu rwego rwo guhanga imirimo ku bantu benshi barangiza mu mashuri y’imyuga.

Ndatimana Jean de Dieu urangije mu ishami ry’ubutetsi yabwiye UMUSEKE ko atangira kwiga, bagenzi be ba bahungu bamucaga intege ko umwuga wo guteka ari uw’abakobwa, ariko avuga ko yaje gusanga nta masomo meza aruta kwiga imyuga.

Ndatimana ashishikariza abakerensa amashuri y’imyuga guhindura imyumvire, agasaba n’abadafite akazi barangije  icyiciro cya 2 cya Kaminuza kwiga imyuga.

Yagize ati ‘‘Ubu mfite akazi mpemberwa ukwezi sinigeze mba umushomeri.”

Umuyobozi w’Ishuri Lycée de Ruhango IKIREZI, Habyarimana Eric avuga ko hari bamwe muri aba banyeshuri bamaze kubona akazi, akavuga ko abandi bagiye gukomeza kwiga amashuri makuru na za Kaminuza mu myuga n’ubumenyingiro muri IPRC .

Ati ”Dufite icyerekezo ko mu mwaka wa 2025 iri Shuri rizaba riri ku mu mashuri y’icyitegererezo mu Ntara y’Amajyepfo.”

Abarangije muri Lycée de Ruhango IKIREZI 397 ni abigaga umwaka w’amashuri wa 2020-2021.

Abagera kuri 88 muri abo bahawe buruse(Boursse) yo kwiga Kaminuza, naho 46 bakaba bamaze kubona akazi cyane muri za Hoteli.

Abagera kuri 88 muri bo bahawe buruse

Umuyobozi wa Lycee de Ruhango Ikirezi, Habyarimana Eric avuga ko hari bamwe mu banyeshuri bamaze kubona akazi.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

MUHIZI ELISEE

UMUSEKE.RW/Ruhango

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI