Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Musanze: Urubyiruko rwasabwe gusigasira umuco nk’ingobyi ihetse amateka y’Igihugu cyabo

Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, INES Ruhengeri riherereye mu Karere ka Musanze, rwasabwe gusigasira umuco kuko ari wo ufatwa nk’ingobyi ihetse amateka y’Igihugu cyabo.

Buri munyeshuri mu muco we yasobanuriraga bagenzi be uko iwabo babayeho bitandukanye n’iwabo

Ni impanuro bahawe ubwo bizihizaga umunsi mpuzamico (Intercultural Day), waranzwe no kugaragaza imico yo mu bihugu bitandukanye biturukamo abanyeshuri biga muri INES Ruhengeri, aho bagaragaje imbyino zitandukanye, uko bateka, uko bambara, ibyo bahinga n’ibindi, hagamijwe gufasha aba banyeshuri gutinyukana bagasabana, bakamenya agaciro k’umuco wo mu bindi bihugu kugira ngo barusheho kuzamura iterambere ry’ubumenyi bwabo.

Bamwe muri aba banyeshuri baturuka mu bihugu bitandukanye bahuriza ku mvugo ishimangira ko umunsi mpuzamico wabasigiye umukoro wo gukora byinshi no kugira ibyo bongera mu mico yabo kugira ngo iterambere ry’ibihugu byabo rirusheho kwihuta.

Ntwali Frolisse ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yagize ati “Wari umunsi uryoheye ijisho, nabonye uko mu Rwanda batwaraga umwami n’umwamikazi we, babagaragiye byanshimishije cyane, twe siko bimeze umwamikazi ntiyubahwaga cyane, nabonye imbyino nyarwanda ziryoheye amaso, imyambarire yabo, hari na byinshi nungutse mu buhinzi tuzongera mu byo twari dusanganywe, ibi byose mbihuje n’indi mico nabonye mu bindi bihugu nka Chad, Congo n’ahandi tubyongeye mu byacu iterambere ry’u Burundi ryakwiyongera.”

Umunyarwandakazi Iradukunda Evelyne na we avuga ko mu byo bafite byo gutanga abanyamahanga bishimiye harimo ubumenyi bufite ireme, umutekano ndetse banashishikajwe no kwiga Ikinyarwanda.

Yagize ati “Mbere wasangaga twigana n’abanyamahanga ariko dutinyana, buri wese n’umuco w’iwabo ntashishikazwe n’uw’ahandi, ariko uyu munsi watweretse ko dufite byinshi byo gutanga, byonyine kuba bava mu mahanga bakaza guhahira ubumenyi iwacu ni uko uburezi bwacu bufite ireme, mu bindi bishimira harimo umutekano usesuye uba mu Rwanda, kandi dushimishwa n’uko ubona bafite inyota yo kumenya ururimi rwacu ruduhuza rw’Ikinyarwanda, nibyo dufite byinshi byo kwiga, ariko natwe tuzabigisha byinshi.”

Umuyobozi wa Ines Ruhengeri Padiri Dr. Fabien Hagenimana yibukije uru rubyiruko ko umuco atari ikintu gitererwa iyo, ahubwo ari nk’ingobyi ihetse amateka y’igihugu, bityo abasaba kuwusigasira no kutawusuzugura kuko ariwo uzabafasha kubaho bagatunga bagatunganirwa.

Yagize ati “Umuco si ikintu kijugunye aho gusa, umuco uhetse abantu, uhetse amateka y’Igihugu, uwusuzuguye aba yisuzuguye na we. Umuntu utagira umuco byamugora kubaho, kuko niwo utubera ingobyi ukadufasha kubaho, tugatunga tugatunganirwa, ugasaza neza ukanawusigira abagukomokaho, umuco tuwubahe, tuwubungabunge kandi twibuke ko iterambere ryose rigerwaho kubera guhura n’amahanga, tugomba no kwiga imico yaho.”

Kugeza ubu muri INES Ruhengeri habarurwa abanyeshuri 137 baturuka mu bihugu 17 byo ku mugabane wa Afurika n’u Burayi, aho biteganyijwe ko umunsi mpuzamico (intercultural Day) uzajya uba buri mwaka kugira ngo abanyeshuri barusheho kwiyumvanamo no kuzamura ubumenyi bwabafasha guteza imbere ibihugu byabo bashingiye ku mico bigiye ku bindi bihugu.

INES Ruhengeri ifite abanyeshuri barenga 170 bava mu bihugu by’amahanga bitandukanye

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Yanditswe na Joselyne UWIMANA

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI