Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amahanga

Perezida wa Ukraine arashinja “Abanyaburayi” gutererana igihugu cye

*Yemeye kujya mu mishyikirano byihuse na Perezida Vladimir Putin

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ari ku biro bye yambaye imyambaro ya gisirikare yanenze ibihugu by’Uburayi kutagira icyo bikora gifatika mu gukumira Uburusiya kwinjira mu gihugu cye.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky

Ingabo z’Uburusiya ziravugwa mu nkengero z’Umurwa Mukuru wa Ukraine, Kyiv.

Yagize ati “Nk’uko byagenze mu Ntambara ya Kabiri y’Iisi, mwavuze ko bitazasubira, ariko ntacyo mukora gihagije mu kubikumira.”

Zelensky yavuze ko amazi atari yarenga inkombe mu guhagarika “igitero cy’Uburusiya” igihe ibihugu by’Uburayi byatarabarana ingoga, gusa yasabye Abaturage bose b’i Burayi kujya mu myigaragambyo, bagashyira igitutu kuri Guverinoma zabo ngo zigire icyo zikora.

Ati “Ndabizi ko mureba ibi, mwese, Uburayi bwose. Ariko nta cyo tubona muri gukora ngo mwihagarareho kuko muragenda biguru ntege gushyigikira Ukraine.”

Ubwo yasozaga ijambo rye Perezida Zelensky yahise avuga ku Rurimi rw’Ikirusiya asaba imishyikirano yihuse na Perezida Vladimir Putin.

Ati “Ndashaka kubwira Perezida w’Uburusiya, na none. Imirwano iri impande zose z’igihugu cya Ukraine. Mureke twicare ku meza tuganire kugira ngo duhagarike kwicwa kw’abaturage.”

 

Ibyo wamenya ku ntambara iri muri Ukraine

UPDATED: 12h50 Ku munsi wa kabiri w’ibitero by’Uburusiya muri Ukraine, ingabo za Vladimir Putin zafashe ibice bitandukanye harimo n’ahantu haba urugandwa rwa nucleaire rwa Chernobyl.

Ibisasu rutura, indege za kajugujugu n’izintambara z’Uburusiya ziri mu kirere cy’umurwa mukuru Kyiv, ingabo za Ukraine ziteguye ko isaha ku yindi Abarusiya batera umurwa mukuru nyuma y’uko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare, 2022 ibisasu byasenye ikibuga cy’indege ingabo za Ukraine zikoreshA.

Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yatangaje ko abantu 137 barimo abasivile bamaze kugwa muri iyi ntambara.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi rivuga ko abantu 100,000 bavuye mu byabo muri Ukraine harimo ibihumbi bahungiye mu bihugu bituranye na yo.

“France 24 ivuga ko Perezida Volodymyr Zelensky yatangaje ko atari buhunge na we akaba akiri mu murwa mukuru wa Ukraine Kyiv”

Gusa yavuze ko abona ko mu bashakishwa cyane n’Uburusiya ari we bwa mbere, bwa kabiri hakaza umuryango we.

Umukino wa nyuma wa UEFA Champions Ligue wari uteganyijwe mu mujyi wa St Petersburg ubu uzakinirwa i Paris nk’uko UEFA yabitangaje.

Ubumwe bw’uburayi, America byatangaje ibihano bikomeye ku Burusiya ariko baragenda biguruntege mu gufata ibindi bikomeye kuko na bo ubwabo byabagiraho ingaruka.

Abasirikare ba Ukraine ngo biteguye guhangana n’ingabo z’Uburusiya

https://p3g.7a0.myftpupload.com/umunyamakuru-wumurusiya-yabwiye-umuseke-icyo-uburusiya-bupfa-na-america-muri-ukraine.html?fbclid=IwAR0r2j6hCG3Lgf3sZPlH8iOrUlFLiGguTnXHpo3fLplueQb2-gGIMAulkxE

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI