Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amahanga

Perezida Biden agiye gushyiraho umugore wa mbere w’umwirabura mu Rukiko rw’Ikirenga

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, agiye gushyiraho Ketanji Brown Jackson nk’Umucamanza w’Urukiko rw’Ikirenga, akazaba abaye umugore wa mbere w’umwirabura uhawe uyu mwanya muri iki Gihugu.

Stephen Gerald Breyer azaba abaye umugore wa mbere w’umwirabura muri uru rukiko rusumba izindi muri USA

Byatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje aya makuru yizewe ko Perezida Joe Biden agiye gushyiraho uyu mugore w’umwirabura.

Ketanji Brown Jackson naramuka ahawe uyu mwanya, azaba abaye umugore wa mbere w’umwirabura uwuhawe mu mateka kuva mu myaka 233..

Azaba asimbuye Stephen Breyer uzajya mu kiruhuko cy’izabukuru ubwo azaba arangije manda ye muri Kamena 2022.

Madamu Ketanji Brown Jackson asanzwe ari Umunyamategeko w’Umucamanza ukomeye mu rukiko rw’ubujurire.

Mu gihe Perezida yaba ashyizeho Ketanji Brown Jackson, inteko ishinga Amategeko yamwemeza kuko yaba yizeye amajwi y’Aba-Democrats ndetse na Visi Perezida Kamala Harris akaba yamwemeza.

Urukiko rw’Ikirenga, ni rwo rukomeye kurusha izindi zose muri America, rukaba ari na rwo rufata ibyemezo bya nyuma birimo nko kweguza Perezida ndetse no kwemeza amategeko yo ku rwego rwo hejuru.

Kamala Harris w’imyaka 51 y’amavuko, asanzwe ari Umunyamategeko ufite ijambo rikomeye mu rukiko rw’Ubujurire.

Asanzwe afite impamyabumenyi ebyiri yakuye muri Harvard University zirimo iy’icyiciro cya kaminuza n’iy’ikirenga akaba yaranabaye umwanditsi w’ishami ry’iri shuri rishinzwe gukosora amategeko.

Mu myaka ibiri ishize ubwo Perezida Biden yiyamamarizaga kuyobora USA, yasezeranyije ko azashyiraho umucamanza w’umugore w’umwirabura mu rukiko rw’Ikirenga.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI