Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Kayonza: Nyuma y’inshuro ebyiri agerageza kwiyahura agatabarwa, iya gatatu yapfuye

Nsabimana Paul w’imyaka 29 yapfuye yiyahurishije umuti usanzwe ukoreshwa mu koza inka , nyuma yo kubigerageza inshuro ebyiri.

Ibi byabaye ku mu goroba wo kuwa Gatatu tariki ya 23 , bibera mu Murenge wa Murundi,Akagari ka Karambi mu Mudugudu wa Rwincike ya 2.

Uyu mugabo w’umugore n’abana babiri, bivugwa ko yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, bigakekwa ko ari bwo bwabimukoresheje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi, Gashayija Benon ,yabwiye UMUSEKE ko uyu mugabo yari yaragerageje kwiyahura inshuro zindi ebyiri ariko agatabarwa.

Yavuze kandi ko nta kibazo kizwi yari afitanye n’umuryango we cyangwa abaturanyi.

Yagize ati “Ejo ku mugoroba nibwo baduhuruje batubwira ko hari umuntu wanyweye umuti woza inka turatabara
twoherezayo Imbangukiragutabara, ahita apfa tukimara kumushyira mu modoka.”

Yakomeje ati “Iyi ni inshuro ya Gatatu yarabigerageje, yabikoze inshuro zirenze ebyiri, umugore akaba ari we
umutabara,asanga yiyambitse umugozi akaba ari we uwumukuraho,ariko bamubaza impamvu ntigaragare ndetse n’umuryango we nta kibazo bafitanye.”

Uyu muyobozi yavuze ko mbere y’uko uyu mugabo afata icyemezo cyo kwiyahura yari yohereje umugore n’abana iwabo mu Karere ka Nyagatare bityo ko ari ibintu yari yaragambiriye.

Gashayija yavuze ko inzego zishinzwe iperereza ziri kureba impamvu yari yiyahuye ku nshuro eshatu aboneraho gusaba abaturage gutanga amakuru ku muntu ugaragaza imyitwarire idasanzwe.

Ati “Twabasabye kujya baduha amakuru ku muntu ugaragaje imyitwarire idasanzwe muri sosiyete kugira ngo inzego zimwegere. Icya kabiri ni uko bajya birinda amakimbirane nubwo baduhaye amakuru ko bitari birimo ariko turacyakurikirana ngo turebe kugira ngo tube dufite umuryango uhamye udafite ikibazo cyo kugera ku rwego rwo kwiyambura ubuzima bwe.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gahini mu gihe hagikomeje iperereza.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI