Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Ikirangirire Eddy Kenzo wo muri Uganda yageze mu Rwanda

Umuhanzi  w’ikirangirire muri Afurika y’Iburasirazuba no muri Afurika yose, Edrisah Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo, yamaze kugera mu Rwanda, yakirwa na Bruce Melodie bafitanye umushinga.

Eddy Kenzo yakiriwe ku kibuga cy’indege na Bruce Melodie (Photo/Inyarwanda)

Uyu muhanzi umaze kubaka izina mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no ku Mugabane wa Afurika, yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, yakiriwe n’Umuhanzi Bruce Melodie wari wagiye kumwakira, bakaba banafitanye umushinga wo gukorana indirimbo.

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda, yahise ajyana na Bruce Melodie, kuri hotel agiye kuruhukiramo ubundi bagatangira umushinga wabo.ifoi

Umuhanzi Bruce Melodie akomeje kwisunga abahanzi mpuzamahanga biganjemo abo mu karere bagakorana indirimbo, kuko Eddy Kenzo abaye uwa gatatu nyuma ya Harmonize wo muri Tanzania, Khaligraph Jones wo muri Kenya ndetse na Nak wo muri Australia.

Biteganyijwe ko igikorwa cyo gukorana iyi n’Umunya-Uganda Eddy Kenzo, kizamara iminsi itatu aho biteganyijwe ko bazakorana indirimbo y’amajwi n’amashusho.

Eddy Kenzo wegukanye ibihembo binyuranye ku mugabane wa Afurika, agiye gukorana na Bruce Melodie nyuma y’igihe gito uyu muhanzi nyarwanda ashyize hanze indirimbo yise izina.

Bruce Melodie kandi aritegura kwitabira igitaramo yatumiwemo na Harmonize kiswe Afro East Carnival kizaba mu ntangiro z’ukwezi gutaha kwa Werurwe.

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI