Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Umunyamerika Joseph Ritchie wari inshuti magara y’u Rwanda yitabye Imana

Joseph Ritchie wari Inshuti ikomeye y’u Rwanda, akaba yarabaye Umuyobozi wa mbere w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB), yitabye Imana ku myaka 75.

Yari yambitswe umudari w’igihango na Perezida Kagame

Joseph Ritchie Yari n’umwe mu bagize akanama ngishwanama kazwi nka PAC (Presidential Advisory Council) ka Perezida Paul Kagame.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gisinzwe Iterambere RDB cyayobowe bwa mbere na Joseph Ritchi, bwihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bw’Ubuyobozi bwa RDB bwatambutse kuri Twitter, bushima Joseph Ritchie wagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’ishoramari mu Rwanda.

Ubuyobozo bwa RDB bwagize buti “Inama y’ubutegetsi, ubuyobozi ndetse n’abakozi ba RDB bihanganishije bikomeye umuryango wa Joseph Ritchie witabye Imana uyu munsi.”

Bukomeza bugira buti nk’Umuyobozi wambere wa RDB “Ritchie Yagize uruhare rw’ingenzi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi mu Rwanda akaba yaranagize uruhare mu mishinga yo guteza imbere ishoramari.”

Joe Ritchie wari unafite ubwenegihugu bw’u Rwanda, muri 2019 yari yambitswe umudari w’ishimwe w’igihango cy’ubucuti afitanye n’u Rwanda.

Joe Ritchie yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe u Rwanda rubuze indi nshuti ikomeye, Paul Farmer wagize uruhare mu iterambere ry’ubuvuzi bw’u Rwanda.

Joe Ritchie yambitswe umudari w’igihango

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. ruremesha

    February 23, 2022 at 9:18 am

    Niyigendere natwe ejo tuzamukurikira.Ariko nashakishije muli bible ahantu bavuga ko upfuye aba yitabye Imana ndahabura.Nshaka n’ahantu bavuga Roho idapfa kandi ifite ubwenge,ikomeza gukora iyo dupfuye,ndahabura.Ahubwo nsoma ko Yezu yavuze ko upfuye aba ameze nk’usinziriye kandi azamuzura ku munsi w’imperuka akamuha ubuzima bw’iteka,niba yarapfuye yaririndaga gukora ibyo Imana itubuza.Soma Yohana 6,umurongo wa 40.Roho “idapfa kandi itekereza” yahimbwe n’umugereki witwaga Socrates utaremeraga Imana abakristu dusenga.Umubwiriza 9,umurongo wa 5 havuga ko upfuye atongera gutekereza.Nta kindi gice cy’umubiri gitekereza uretse ubwonko bubora iyo dupfuye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI