Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Miss Rwanda: Inzozi za Amanda Saro ufite umushinga wo kunoza serivisi zihabwa abarwayi

Amanda Saro uri mu bahatanira Ikamba rya Miss Rwanda 2022, yavuze ko aramutse agize amahirwe yo kuryegukana, yazashyira mu bikorwa umushinga wo kunoza uburyo abarwayi bakirwa kwa muganga.

Amanda Saro afite inzozi zo kunoza serivise zihabwa abarwayi mbere yo kuvurwa

Uyu mukobwa avuga ko nyuma yo gukora ubushakashatsi agasanga abarwayi 60% by’abagana ibitaro mu Rwanda bavurwa neza ariko batahawe serivise nziza mbere yo kuvurwa.

Amanda ufite nimero 48, avuga ko igihugu iyo gifite abaturage bafite ubuzima buzira umuze kiba giteye imbere byuzuye. Ibi byatumye aserukana umushinga wo gukangurira amavuriro gutanga serivise nziza zihabwa abarwayi bakira.

Ati “Ku bushakashatsi nakoze nasanze 60% by’abagana ibitaro bavurwa neza ariko ntibabone serivise nziza mbere y’uko bavurwa, akaba ari muri urwo rwego natekereje uyu mushinga uzafasha abagana amavuriro n’igihugu muri rusange. Abanyarwanda dukwiye kumva ko ubuzima bwacu aribwo bukungu bwacu kuko ubukire butagira ubuzima ntacyo buvuze.”

“Mu Rwanda dufite amavuriro menshi anafite abaganga beza ariko nshaka twibande kuri serivise zitangwa mbere y’uko abarwayi bavurwa n’uko bakirwa bageze kwa muganga.”

Akomeza avuga ko mu gihe yagirirwa amahirwe yo gutorwa akegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022, yakorana n’inzego bireba harimo na RBC bakanoza serivise zihabwa abarwayi bagana amavuriro.

Amanda Saro asaba abanyarwanda mu mushigikira banyuze mu buryo bwo gutora bwashyizweho, gutora no gushyigikira uyu mukobwa bikorwa hifashishijwe code *544*1*nimero ye 48#.

Gutora kuri internet no kuri code bisaba byibura amafaranga 100 Frw, kuri murandasi abatora bakoresha nimero ya telefone cyangwa ikarita yo kwishyuriraho ya banki.

Amanda Saro umwe mu bakobwa 70 bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2022

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI