Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amahanga

Umugore wa Perezida Macron yamaze kugeza mu nkiko abamusebeje ko yihinduje igitsina

Brigitte Macron, umugore wa Perezida Emmanuel Macron, yamaze kugeza mu nkiko abagore babiri bashyize amakuru y’ibihuha kuri internet ko yavutse ari umuhungu akaza kwihinduza igitsina.

Ikinyamakuru 20 Minutes dukesha aya makuru, kivuga ko M6 yemeje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 ari bwo ikirego cyamaze kugezwa mu Rukiko rw’ubutabera rw’i Paris.

Iki kinyamakuru gitangaza ko itariki zo kumva uru rubanza zashyizwe kuva tariki 15-17 Kamena uyu mwaka wa 2022, rukazabera mu rukiko rw’i Paris.

Abo bagore babiri baregwa muri uru rubanza, barimo Umunyamakuru wigenga batangaje aya makuru y’ibinyoma bifashishije YouTube Channel ku ya 10 Ukuboza aho banagaragaje amafoto ya Brigitte Macron n’umuryango we.

Mu bihe byatambutse, hari ubutumwa bwinshi bwacicikanye ku mbuga nkoranyambaga buvuga ko Brigitte Macron yavutse ari umuhungu ndetse ko yari yahawe izina rya Jean-Michel akaza kwihinduza igitsina nyuma.

Ni amakuru yagiye anyomozwa n’abarimo na Brigitte Macron ubwe ndetse umunyamategeko we aza gutangaza ko bazajyana mu nkiko bamwe mu bakwirakwije aya makuru.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI