Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Umunyamategeko afunzwe azira gusaba uwo yunganira guha ruswa Umucamanza

Ku wa 15 Gashyantare 2022  Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwatangiye kuburanisha ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ku rubanza rw’Umunyamategeko witwa Me  Nyirabageni Brigitte. 

Uyu Munyamategeko yatawe muri yombi ku wa 26 Mutarama, 2022, Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo Kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. Iki cyaha gihanwa n’ingingo ya 174 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri ruange.

Me Nyirabageni Brigitte umwirondoro we ugaragaza ko ari uwo mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro, Akagali ka Kigarama n’Umurenge ni Kigarama.

Ubwo yari imbere y’Urukiko yabwiye Umucamanza ko nta buriganya yakoze bwatuma amara iminsi 20 afunzwe.

Ubushinjacyaha bwo bwabwiye Urukiko ko Me Nyirageni Brigitte bumusabira gufungwa iminsi 30 by’agateganyo kubera uburemere bw’icyaha yakoze.

Bwavuze ko uyu munyamategeko akurikiranyweho icyaha gihanishwa igihano cy’igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri ko ariyo mpamvu busaba ko afungwa iminsi 30 by’agateganyo muri Gereza.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko butarekura uyu munyamategeko wabigize umwuga kuko iperereza rigikomeje, buvuga ko mu gihe yaba arekuwe byabangamira iperereza.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa ku wa 15 Gashyantare 2022, nyuma yo kumva impande zombi Umucamanza yapfundikiye iburanisha avuga ko icyemezo ku ifunga n’ifungurwa kizafatwa kuri uyu wa 17 Gashyantare 2022 Saa Munani.

 

Imiterere y’icyaha Me Nyirabageni Brigitte aregwa

Intandaro y’ifungwa rye yaturutse ku makuru y’uwitwa Elisha Hakuzumwami utuye mu gihugu cy’Ubwongereza,  uyu yari amaze imyaka ine aburana urubanza ariko rutararangira kubera ibibazo birimo icyorezo cya Covid-19 byagiye bituma inkiko zisubika imanza kenshi.

Hakuzumwami Elisha avuga ko Me Nyirabageni Brigitte yamubwiye ko urubanza rwe rutazarangira adatanze ruswa mu Bacamanza kugira ngo baruhe itariki yo kuburana.

Avuga ko Me Nyirabageni Brigitte yamusabye miliyoni 3Frw zo guha Umucamanza wari ufite dosiye ye kugira ngo urubanza rwihute.

Hakuzumwami Elisha avuga ko uyu munyamategeko amaze kumubwira ko bigoye ko yabona ubutabera adatanze ruswa yamwoherereje miliyoni imwe kugira ngo atangire gukurikirana dosiye neza no kugira ngo urubanza rwihutishwe.

Akomeza avuga ko nyuma yo kumuha miliyoni imwe uyu Munyamategeko yamubwiye ko ari macye amusaba kohereza ayandi Hakuzumwami atangira kubona ko ashobora kuba yaramubeshye ibyo yamubwiye byose yigira inama yo gutanga ikirego mu Bugenzacyaha gutyo.

Ubugenzacyaha butangira iperereza Me Nyirabageni ahita afatwa ahita afungwa ubwo.

Me Nyirabageni Brigitte yemereye Ubugenzacyaha ko yasabye Hakuzumwami Elisha gutanga ruswa ya miliyoni eshatu n’imbere y’Ubushinjacyaha nabwo yarabyemeye.

Gusa avuga ko yabikoze kugira ngo abone ubwishyu bw’amafaranga ye kuko ngo hari imanza ebyiri yaburaniye Hakuzumwami ariko ntiyamwishyura.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison yabwiye UMUSEKE ko urwego rw’ubucamanza rukomeza gusaba abantu bose cyane abagana inkiko kugendera kure abantu bababwira ko bahabwa ubutabera ari uko bahaye ruswa Umucamanza cyangwa undi mukozi wese w’inkiko.

Mutabazi ati “Umuntu wese uzajya usabwa gutanga ruswa ngo abone ubutabera, turasaba ko yazajya yihutira kubimenyesha Urukiko rumwegererye cyangwa akaba yahamagara nimero itishyurwa 36 70.”

Mu cyumweru cy’ubucamanza kiba mu mpera za buri mwaka Urukiko rw’Ikirenga rukora ubukangurambaga mu gihugu hose rugasaba abantu bagana inkiko kwirinda gutanga ruswa kugira ngo babone ubutabera.

Ubuvugizi bw’inkiko buvuga ko hari abantu bitwa Abakomisoyoneri baba ku nkiko zimwe na zimwe babwira abantu ko bashobora kubaha amafaranga bakayashyikiriza Umucamanza kugira ngo abantu babo baba bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha barekurwe.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

JEAN PAUL  NKUNDINEZA
UMUSEKEKE.RW

2 Comments

2 Comments

  1. muyoboke

    February 17, 2022 at 10:47 am

    Ntabwo Ruswa ishobora gucika.Muribuka uwo bafunze ejobundi wali ashinzwe kurwanya Ruswa.Yazize Ruswa ya 10 millions Frw.Amaherezo azaba ayahe? Nkuko Ibyakozwe 17,umurongo wa 31 havuga,Imana yashyizeho Umunsi w’imperuka,ubwo izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarya Ruswa.Soma Imigani 2:21,22.Uwo niwo muti rukumbi wa Ruswa,akarengane,ubusambanyi,ubujura,intambara,ubwicanyi,…

  2. citoyen

    February 17, 2022 at 11:07 am

    Muti “…yamubwiye ko urubanza rwe rutazarangira adatanze ruswa mu Bacamanza kugira ngo baruhe itariki yo kuburana”. Nyamara wasanga yaramubwije ukuri. Burya erega ngo ntakabura imvano!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI