Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Urwego rwa DASSO ya Gicumbi rwakoze umuganda wo kubakira utishoboye

Urwego rwa DASSO mu karere ka Gicumbi rwatanze umuganda wo kubakira umuturage ubayeho mu buzima bugoye mu Mudugudu wa Nyarumba, Akagari ka Mukono mu Murenge wa Bwisige.

Abakozi b’Urwego rwa DASSO ya Gicumbi bakoze umuganda wo kubakira umubyeyi utishoboye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 15 Gashyantare 2022 aho aba DASSO batanze umuganda wo kubakira Nyirabagenzi Judith nyuma yo guterwa inda n’abagabo batandukanye ariko ntibamufashe kurera abana babyaranye.

Uyu Nyirabagenzi avuga ko abana n’abana batanu arera wenyine kuko abo babyaranye bose batabana akaba abayeho mu buzima bugoranye cyane.

Yagize ati “Ubuzima ntuyemo ni hafi ya ntabwo, aha ntuye urabona ko ntako nari meze, niyo mpamvu ubona abashyitsi bari hano.”

Akomeza avuga ko aherutse guhabwa Ihene n’Intama ndetse n’uburyamo none akaba ari gufashwa kubona aho aba heza kuko iyo imvura yagwaga yamunyagiraga.

Uyu mubyeyi avuga ko abagabo babyaranye bamutereranye, atunzwe no guca imisiri aho agerageza gushakamo imyenda y’abana, ibibatunga n’ibibajyana ku ishuri.

Ati “Ndashimira abaje kuntera ingabo mu bitugu, niteguye gukora uko nshoboye ngo ndebe uko ubuzima buhinduka.”

Umuhuzabikorwa w’Urwego rwa DASSO mu Karere ka Gicumbi, Nyangabo Umuganwa Jean Paul yasabye uyu mubyeyi kurushaho kwigisha abana be neza kuko nabo bazamufasha mu gihe kiri imbere.

Yagize ati ” Wa mubyeyi we bariya bana bawe bari ku ishuri nibo bazadukorera mu ngata, bagomba kwiga kuko twakoze ibikorwa byo ku kuruhura imvune wahuraga nazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Mukono, Gakwandi Sylvestre yasabye abatuye aka Kagali kuboneza urubyaro.

Yagize ati “Abaturage turabashishikariza kuboneza urubyaro, harimo abagerageza kwitabira kuboneza urubyaro.”

Muri aka Kagali kuboneza urubyaro bigeze kuri 68% ku bagore bubatse ingo, abakobwa 8 nibo babyariye murugo mu gihe abagabo 2 aribo baboneje urubyaro.

Biyemeje kumwubakira inzu nziza kandi igezweho

Nyirabagenzi Judith wakorewe umuganda ashima Leta y’uRwanda ikomeje kumuba hafi mu buzima bugoye yari abayemo

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

EVANCE NGIRABATWARE

UMUSEKE.RW/Gicumbi

2 Comments

2 Comments

  1. Fils

    February 16, 2022 at 2:46 pm

    Rwose twongeye gushimira cyane urwego rwa DASSO ubufatanye,umutima wa kimuntu no gukora kinyamwuga bakomeje tugaragariza abanyarwanda,barakoze kdi turabashima

  2. NDAYAMBAJE Benjamin

    February 16, 2022 at 6:51 pm

    Bakoze cyane barakarama baje bakenewe mukugoboka ababaye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI