Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Umutoza wungirije wa Rayon Sports yasabye gusubira iwabo

Umutoza wa Rayon Sports wungirije, Pedro Miguel agiye gusubira iwabo muri Portugal kubera impamvu zijyanye n’umuryango we amakuru avuga ko umubyeyi we (Mama) arwaye, bityo akaba agiye kumuba hafi.

Pedro Miguel yasabye gusubira iwabo ku mpamvu z’ibibazo byo mu muryango

Pedro Miguel yerekanywe tariki ya 2 Gashyantare 2022 ari kumwe n’umutoza mukuru Jorge Paixão na we ukomoka muri Portugal.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza yemereye UMUSEKE ko aya makuru ari yo. Ati “Ntabwo twatandukanye ahubwo yasabye uruhushya rwo kujya mu bibazo by’umuryango.”

Pedro Miguel yari amaze gutoza imikino 3 aho 2 ari iya gicuti (banganyije na Police FC batsinda Nyanza FC) ni mu gihe undi ari uwa shampiyona batsinzwemo na Mukura VS 1-0.

Amakuru twamenye ni uko kuri uyu wa Gatatu, nta gihindutse ari bwo Pedro Miguel ahaguruka mu Rwanda yerekeza muri Portugal.

Uyu mugabo yageze mu Rwanda mu mpera za Mutarama, 2022 gusa yari asize umubyeyi we arwaye kanseri akaba agomba kujya kumurwaza.

Amakuru kandi avuga ko Jorge Paixão usanzwe ari mwene wabo na Pedro Miguel yaba yaramaze gutekereza ku muntu azamusimbuza.

Asubiye iwabo amaze gutoza imikino 3

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI