Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Umuraperi Salkon yasabiye abahanzi bakizamuka guhabwa umwanya -VIDEO

Umuraperi Dufitumukiza Salathiel uzwi nka “Salkon” muri muzika Nyarwanda, yasabiye abahanzi bakizamuka guhabwa umwanya bakigaragaza.

Dufitumukiza Salathiel wiyise Salkon mu buhanzi asaba ko abahanzi bakizamuka bahabwa umwanya 

Ni mu ndirimbo aherutse gushyira hanze yise “Tuza Nkwereke” igaruka ku nzira yanyuzemo n’ishusho y’ibyo amaze kubona mu mu muziki mu myaka ibiri amaze akora Hip-hop.

Mu nyikirizo y’iyo ndirimbo, Salkon agaragaza ko abantu batagombye kwiyemerana byinshi babonye kubera aho bavuka kuko n’umaze kugera kuri duke yiyuhiye akuya tuba tumunyuze.

Mu gitero cyambere abara inkuru y’uko yavuye iwabo akajya gushakisha amafaranga. Ngo benshi mu babyeyi babyitiranyije n’uburara bamwe mu babyiruka basigaye baradukanye.

Aganira na UMUSEKE, Salkon yagize ati “Ibyo byose byabayeho ariko mbirenza amaso kuko muri njye nari nzi ko mfite icyo nshaka kugeraho kandi ndabona ngisatira.”

Muri iyo ndirimbo ye ya mbere ikozwe mu buryo bwa “drill” bukunzwe cyane n’abatari bake, avugamo ko yagize amahirwe yo kwitandukanya n’inshuti zashoboraga kumwanduza imico mibi irimo no kunywa itabi. Ibyo ngo byatumye akomeza kuboneza mu cyerekezo kimwe agakora ibye atuje “bagihuze bamujyaho impaka”.

Salkon yagaragaje ko nubwo akorana ingufu ngo abone amafaranga atarabasha kwihaza. Ibyo ngo bituma akomeza gushyiramo agatege ubutitsa ngo agire ibyo ahindura.

Icyakora nk’umwe mu bahanzi bakizamuka, yahishuye ko benshi bakomeza gukinira ku mpano zabo bishakira kwinjiza bakababeshya ko bagendereye kubafasha ngo bazamuke.

Avuga ko abahanzi abakiri bato bakeneye guhabwa umwanya bakigaragaza.

Ati “4G ntikiri fit, 5G ubu ni yo nita lit, igikuze kive mu byana ababyiruka nabo baze bahatane.”

Akomeza avuga ko “Hashize igihe kinini ibyo bakora bidahabwa agaciro bikwiye ahubwo bigafatwa nk’imikino kandi biba byabavunye”.

Salkon avuga ko imyitwarire imeze nko kunnyuzura abahanzi bashya idakwiriye.

“Tuza Nkwereke” ikozwe mu majwi n’amashusho. Ije ikurikira izindi Salkon yamenyekanyemo zirimo “Ndaje” na “Ubumuntu”.

Reba hano indirimbo ‘Tuza Nkwereke’ ya Salkon

https://www.youtube.com/watch?v=rjvP7MpcPgA

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

JEAN PAUL NKUNDINEZA / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI