Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Nyarugenge: Umufundi yahanutse kuri etaji ya 2 ahita agwa muri koma

Ntibaziyaremye Ferdinand w’imyaka 39 wubakaga ku nyubako ya La Bonne Adreese, ya Higiro Martin mu Mujyi wa kigali yahanutse ku nzu y’igorofa rya kabiri yikubita hasi abanza umugongo, ahita ajya muri koma.

Uyu mufundi ubwo yikubitaga hasi yahise yihutanwa kwa muganga

Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Gashyantare 2022, mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Amakuru avuga ko ibyo bikimara kuba yihutanywe kwa muganga na Ambulance, imugeza ku Bitaro by’Akarere ka Nyarugenge kugira ngo ubuzima bwe butabarwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Murekatete Patricicie yabwiye UMUSEKE ko aya makuru yayamenye akihutira kujyayo kugira ngo uriya muturage atabarwe hakiri kare.

Ati “Twabimenye nanagiyeyo, yari arimo kubaka ahanuka ku gikwa maze yikubita hasi ariko yajyanywe kwa muganga.”

Murekatete yasabye abantu bubakisha inzu kujya bafata ubwishingizi.

Ati “Icya mbere ni ukureba ko bari mu bwishingizi, impanuka nk’iriya iyo ibaye, iyo bari mu bwishingizi (Assurance ) irabikurikirana.”

Amakuru avuga ko uyu mugabo icyateye impanuka, ari uko yari yicaye ku mbaho kuri etaji ya kabiri, maze zaracika, ahita amanuka ubwo agwa hasi.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI