Connect with us

Hi, what are you looking for?

Afurika

Ibyihebe byishe abaturage 4 bibaciye imitwe mu Ntara ya Cabo Delgado

Abarwanyi bo mu mutwe wa Islamic State mu Mjayaruguru ya Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado, ku wa Gatandatu bishe abaturage bane babaciye imitwe mu giturage cya Bangala uvuye mu Mujyi wa Macomia.

Macomia ibyihebe byishe abaturage bane bibaciye umutwe

Nk’uko ikinyamakuru Club of Mozambique cyabitangaje ibi byihebe byishe abarimo umushoferi wari utwaye ikamyo itwaye ibikoresho by’ubwubatsi bw’ikiraro cyirimo cyubakwa ku mugezi wa Massalo.

Bamwe mu babashije kubona ibi biba, bavuze aba bantu baje mu giturage bagakusanya abantu benshi hafi yaho bari baragiye gushakira ubuhungiro maze bamwe muri bo babaca imitwe. Ni mu gihe kandi banashimuse abagore n’abakobwa, ndetse basiga banatwitse inzu.

Ibintu byasaga naho bigaruka mu buryo mu Ntara ya Cabo Delgado, aho abaturage bari barahunze bakomeje gutaha basubira mu byabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Muidembe, Saide Ali Shabane yashimangiye ko abaturage be bakomeje gusubira mu byabo, gusa ngo hakenewe gukazwa umutekano mu biturage bimwe na bimwe nubwo ibikorwa by’ubuhinzi byatangiye gusubukurwa hamwe na hamwe.

Nko muri aka karere ka Muidembe, mu 2021 amashuri atatu yonyine niyo yakoraga gusa kugeza ubu agera kuri 17 yongeye gufungura imiryango.

Hari andi makuru avuga ko mu Cyumweru gishize abantu babiri bishwe ku kirwa cya Matemo abagore n’abakobwa barashimutwa, nyuma yo kugabwaho igitero n’abarwanyi ba Islamic State bagatwika inzu z’abaturage, amaduka ndetse bakanasahura byinshi.

Izi nyeshyamba zikaba zarasize zanditse amwe mu magambo akomeye arimo ayanditswe mu Kiswahili bagira bati “Ntimubaze abo turi bo, ni abasirikare b’Imana” ndetse na “Ntimwibwire ko izo ngurube zizabarinda.

Mu Cyumweru gishize, Umuyobozi wa Polisi ya Mozambique, Bernadino Rafael, ubwo yasuraga Mocimboa da Praia yasabye ko abapolisi bashyirwa hirya no hino bagafasha  abaturage gusubira mu byabo kandi bakarushaho gutekana.

Mu ntara ya Cabo Delgado gahunda yo guhashya ibyihebe irarimbanyije kuko ingabo za Mozambique, U Rwanda n’izindi ngabo zamahanga nka SADC zahagurukiye kugarura umutekano muri aka gace kandi hari intambwe nziza yatewe kuko henshi inyeshyamba zahambirijwe.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zivuganye ibyihebe bitanu mu mirwano yabereye mu gace ka Zambezi mu karere ka Macomia. Ni nyuma y’uko izi ngabo zari ku burinzi zaguye mu gico cy’ibyihebe hakabaho kurasana, gusa umusirikare wa SADC yarasiwe muri iyi mirwano.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Ivomo: Club of Mozambique

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

2 Comments

2 Comments

  1. hitimana

    February 8, 2022 at 2:02 pm

    Imitwe y’abaslamu irwana cyangwa yica abantu ni myinshi cyane ku isi.Hari Al Shabab,Al Aqmi,ISIS,Al Qaeda,Hezbollah,Boko Haram,Hamas,Islamic Jihad,Taliban,Katiba Masina,etc…Yose ivuga ko “irwanira Imana”.Ngo ni Intambara ntagatifu (JIHAD).Nyamara Imana itubuza kurwana no kwica,ikavuga ko yanga abantu bose bamena amaraso y’abandi nkuko Zaburi 5,umurongo wa 6 havuga.Kandi ko izabarimbura ku munsi wa nyuma.Ariko si Abaslamu gusa barwana.Kuva na kera,amadini menshi ashoza intambara,avuga ko akorera Imana.Muribuka za Crusades z’Abakristu barwana n’Abaslamu zahitanye abantu batabarika.

  2. nzibonera

    February 8, 2022 at 5:06 pm

    Nkuko History ibyerekana,n’Intumwa Muhamadi yakundaga kurwana.Kimwe mu bitero bikomeye Muhamadi yayoboye kitwa “The Battle of Badr” cyabaye le 15/03/624,kuli 287 km uvuye I Macca .Amaze gushinga idini ya Islam,abamusimbuye nabo bali abarwanyi.Bagabye ibitero byinshi muli Aziya,muli Africa no mu Burayi,bagarukira ahitwa Poitiers muli France.Abangaga kuba Abaslamu benshi babacaga umutwe.Niho ubutagondwa bwaturutse.Mu gihe Yesu yabujije abakristu nyakuli kurwana,ahubwo abasaba gukunda abanzi babo.Ibi bituma wumva neza hagati ya Yezu na Muhamadi uwari Intumwa y’Imana nyakuli.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI