Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Bugesera yahagaritse abakinnyi ibashinja kugumura bagenzi babo

Bugesera FC yahagaritse abakinnyi bayo Niyonkuru Daniel na Rucogoza Ilias wari kapiteni ukwezi kubera imyitwarire mibi irimo kugumura abandi bababuza gukora imyitozo ngo ntibahawe uduhimbazamusyi.

Ikipe ya Bugesera FC ngo ntizihanganira imyitwarire idahwitse y’abakinnyi

Mu itangazo Bugesrra FC yasohoye, yagize iti “Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC bwahagaritse by’agateganyo abakinnyi babiri; Ilias Rucogoza na Daniel Niyonkuru mu gihe cy’ukwezi guhera none tariki ya 3 Gashyantare 2022 ku mpamvu z’imyitwarire idahwitse no gukekwaho gutubya umusaruro w’ikipe.

Ubuyobozi kandi bwashyizeho itsinda rishinzwe gusuzumana ubushishozi ibivugwa n’ibyagaragaye kuri abo bakinnyi, maze ritanga raporo ishingirwaho hafatwa umwanzuro uhamye.”

Ikipe ivuga ko imyitwarire myiza ari imwe mu ndangagaciro ikomeyeho mu bakinnyi no mu baturage ba nyiri ikipe.

Amakuru twamenye avuga ko aba bakinnyi bari basanzwe barihanangirijwe bitewe n’imyitwarire mibi harimo gusohoka umwiherero nta burenganzira.

Byaje gukubitiraho ku wa Gatatu ubwo bagumuraga bagenzi babo bababuza gukora imyitozo kuko batarahabwa uduhimbazamusyi tw’imikino ibiri, aha niho ubuyobozi bwahise bufata umwanzuro wo guhana aba bakinnyi.

Amakuru kandi avuga ko Rucogoza Ilias wari usanzwe ari kapiteni w’iyi kipe, Perezida wa Bugesera FC, Gahigi yasabye ko izo nshingano yahita azamburwa.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI