Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Abaturage b’i Bushekeri bahize gutanga 100% mu bwisungane mu kwivuza umwaka wa 2022-2023

Nk’uko biri muri politiki y’ ubuzima mu Rwanda aho buri munyarwanda agomba kugira ubwishingizi
bw’ubwisungane mu kwivuza( Mutuel de Sante), abatuye mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka
Nyamasheke batangije umwaka w’ubwisungane mu kwivuza 2022-2023 bagamije
gusubira ku mwanya wambere bahozeho .

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bushekeri bwatangiye ubukangurambuga bw’ubwisungane mu kwivuza 2022-2023

Abaturage n’abayobozi guhera kuri ba Mutwarasibo bavuze ko babajwe n’umwanya wa gatanu bariho
muri uyu umwaka n’ubwo utararangira, biyemeza gukora cyane kugira ngo bazasubire ku mwanya
wambere mu myaka yashize bazagaho.

Twagiramungu Naason wo mu mudugudu wa Butangata mu kagari ka Nyarusange ati ”gusubira inyuma
twabitewe n’icyorezo cya COVID-19, Umurenge wacu uri ku mwanya wa gatanu twigaye mbere twazaga
ku mwanya wambere, twatwaye n’ibikombe byinshi , tujyanye umuvuduko mwinshi kugirango uyu
mwaka twongere ku garuka kumwanya wa mbere twahozeho”.

Muhimpundu Josepha ati ”Namenyeko Umurenge wacu turi ku mwanya wa gatanu, twababajwe n’uwo
mwanya turiho, twebwe abatuye Bushekeri duhagurukanye ingufu dusubirane umwanya wacu wa
mbere”.

Umurenge wa Bushekeri mu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2021-2022 uri ku mwanya wa
gatanu mu Mirenge 15 y’Akarere ka Nyamasheke, Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko ku bufatanye
n’abaturage bamaze gusobanurirwa ibyiza byo kugira ubwisungane mu kwivuza, bwizeye ko hari ikizere
cyo kuva kuri mwanya bakagaruka kuwa mbere bigakomeza no mu yindi izaza.

Munezero Yvan, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge avuga ko n’ubwo uyu mwaka wa
Mituel utararangira bari ku mwanya wa gatanu, ariko ngo hari amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri
bateganya kwishyurira abatishoboye bizabasiga ku mwanya wa kabiri bagakomeza n’umwaka utaha
2022-2023.

Bizeye kuzasubira ku mwanya bahozeho, yagize ati” kubera COVID-19 mu myaka ibiri nta
bukangurambaga bwakozwe, uyu munsi twifuje kubukora n’ubwo umwaka wa mituweli utararangira turi
ku mwanya wa gatanu, dufite hafi miliyoni ebyiri tugiye gutangira abaturage twizeyeko tugiye gusoza
turi ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’Akarere”.

Yakomeje avuga ko kuva gahunda y’ubwisungane mu kwivuza yatangira abatuye Bushekeri bahoraga
imbere, n’ubu harikizere ko bazasubira ku mwanya bahozeho.

Ati ” Abayobozi n’abaturage babigize ibyabo, Umurenge wacu witwa uwa mbere, uko twakoraga niko tugiye kongera gukora tuzasubire ku mwanya wacu wa mbere”.

Umurenge wa Bushekeri uri ku ijanisha rya 90% ku bitangira Mituwel,i hiyongereyeho abatangirwa ubwishingizi na
leta bagera kuri 95.

Abaturage bo mu Murenge wa Bushekeri bahize kwishyura umusanzu wa Mitiweli 100% mu mwaka wa 2022-2023

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

MUHIRE DONATIEN

UMUSEKE.RW/Nyamasheke

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI