Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’isaha imwe i Nairobi ahita agaruka i Kigali -AMAFOTO

Perezida Uhuru Kenyatta mu biro bye i Nairobi yakiriye Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro bigaruka ku mubano w’ibihugu byombi, uru ruzinduko rw’akanya gato Perezida Kagame yavuze ko ibiganiro byavugiwemo byatanze umusaruro.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Uhuru

Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko bahuriye i Nairobi muri Kenya aho bagiranye ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi n’uw’Akarere muri rusange.

Abakuru b’ibihugu bemeranije gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane hashyirwa imbaraga mu buhahirane.

Perezida Kenyatta avuga ko u Rwanda ari inzira nziza y’ubucuruzi izafasha Kenya mu kohereza no kuvana ibicuruzwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo iherutse guhabwa ikaze mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba.

Kenyatta yashimiye u Rwanda ku ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna uruhuza na Uganda kuko bizafasha ubucuruzi ndetse n’imigenderanire y’abatuye ibihugu byombi.

Umubano w’u Rwanda na Kenya usanzwe ari mwiza ku mpande zombi.

Kuri Twitter Perezida Kagame yavuze ko ubu yagarutse i Kigali, ati “Nagize uruzinduko rw’akazi rw’akanya gato ariko rwatanze umusaruro nsura Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi uyu munsi mu gitondo. Ubu nagarutse mu rugo ! Nkunda iyi nzira y’isaha imwe gusa kujya i Nairobi n’indi saha imwe kugaruka i Kigali. Ibiganiro byamaze isaha imwe.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi biganiro by’umwanya muto byaganiriwemo iby’ingenzi byose.

Kenya n’u Rwanda bifitanye umubano ugaragara mu butabera, ubucuruzi, ubuhinzi, uburezi, ikoranabuhanga n’itumanaho kimwe n’umutekano n’ibindi.

Perezida Kagame asuhuzanya na mugenzi we Uhuru Kenyatta

Perezida Paul Kagame na Perezida Uhuru Kenyatta bagiranye ibiganiro byabereye i Nairobi

Perezida Uhuru Kenyatta asezera mugenzi we Paul Kagame

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. Ganza

    February 3, 2022 at 3:24 pm

    Ni igitangaza rwose kibayeho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI