Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Gasabo: Umugabo yateye icyuma ku ijosi umugore we “bapfa amakimbirane yo mu ngo”

Mu Mudugudu wa Gitaba mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, umugabo arakekwaho gutera icyuma ku ijosi umugore we, ku bw’amahirwe ntiyamuhitana amushinja kumuca inyuma.

Ibiro by’Akarere ka Gasabo

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Gashyantare, 2022 ahagana saa tatu z’ijoro, nk’uko Ubuyobozi bwabitangarije UMUSEKE.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Jali buvuga ko umugabo wakoze ukekwaho gukora biriya yitwa Nsanzimana Vincent afite imyaka 32. Umugore yateye icyuma ni Akimanizanye Florence w’imyaka 24.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Jali bwavuze ko uyu mugabo yahise atoroka arimo gushakishwa.

Niyomugabo Gregoire Umunyamabanga w’Umurenge wa Jali yabwiye UMUSEKE ati “Yego yamuteye icyuma aramukomeretsa bikomeye; umugore yahise atabaza bamujyana kwa Muganga baramudoda ubu yatashye ari mu rugo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali yaje kubwira UMUSEKE ko Nsanzimana Vincent na Akimanizanye M. Florence babana bitemewe n’amategeko.

Nyuma yo guterwa icyuma munsi y’ugutwi Akimanizanye yajyanywe kuvurirwa kuri Dispensaire Du Mont Jali LTD.

Icyo yapfuye n’umugabo we, abaturage bavuga ko ngo basanzwe babanye mu makimbirane.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

3 Comments

3 Comments

  1. mazina

    February 3, 2022 at 10:02 am

    Gushwana ndetse n’ubwicanyi kw’abashakanye,ahanini biterwa n’imitungo cyangwa gucana inyuma.Report ya RIB yerekana ko hagati ya 2018-2021,mu Rwanda abashakanye bicanye bagera kuli 169.Mu bihugu byinshi,nibuze 70% by’abashakanye (couples) baratandukana.Nyamara Imana yaturemye,isaba abashakanye kuba “umubiri umwe”,bakabana akaramata bakundana.Bagomba kwihanganirana,kubera ko nta zibana zidakomana amahembe.Nubwo ibyo binanira benshi,abakristu nyakuli barabishobora.Kubera ko ari itegeko ry’Imana kandi abantu bose banga kumvira Imana,izabakura mu isi ku munsi wa nyuma nkuko bible ivuga.

  2. citoyen

    February 3, 2022 at 2:16 pm

    Ariko abagore bakunda abagabo pe. Umuntu aguteye icyuma mu ijosi ashaka kukwica, ku bw’amahirwe urarusimbutse, ugiye kwa muganga bamaze kugupfuka ugarutse wihuta usubiye iwe?????

  3. MUJYANAMA

    February 3, 2022 at 5:07 pm

    Umva, aka Citoyen rwose nanjye sinarusubiramo. Ni INYAGASAMBU RIRAREMA. Cyereka niba irondo ryemeye kumurarira. Hanyuma namwe, ikinyarwanda rwose ni ururimi rusobanutse, hano mwahimbye icyanyu: Ngo bapfuye amakimbirane yo mu rugo. Ubu ari nko mu mategeko, muri RIB, icyo waba ubafashije ni iki? Nyine amakimbirane ni ayo mu rugo ku bashakanye. Ariko se ayo makimbirane yaturutse kuki? AMAKIMBIRANE BAGIRANYE YATEWE NI IKI? Turashaka nyirabayazana yayo makimbirane? Ni ugucana inyuma, ni ubusinzi, ni imitungo, umugabo yabuze ibyo irya kandi yahashye, ni amasambu, ni iki? Ni iki cyakuruye amakimbarane, bakarwana. Mu dushakire ayo makuru, ibindi ni ukudushyira mu rujijo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI