Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Abo ku Nkombo bashima ko bibohoye kwitwa ‘Abashi” bo muri Congo

Abo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bashima ubutwari bwaranze Ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi zabohoye u Rwanda, bavuga ko batewe ishema ry’uko batakitwa ‘Abashi’ ubu bitwa abanyarwanda.

Byari ibyishimo ku munsi w’intwari wizihijwe ku nshuro ya 28

Babivuze kuri uyu wa 01 Gashyantare 2022 ubwo hizihizwaga umunsi w’intwari ku nshuro ya 28, mu Karere ka Rusizi uyu munsi wizihirijwe mu Murenge wa Nkombo.

Bavuga ko kwitwa ‘Abashi’ byabasubizaga inyuma ariko kuri ubu bakaba barateye imbere.

Bamwe mu bibumbiye muri Koperative “Dusane Ubuzima Nkombo” igizwe n’abanyamuryango 100 bavuga ko bishimira urwego bamaze kugeraho muri uyu Murenge wa Nkombo.

Uwitwa Singirankabo Thomas yagize ati “Kuri uyu munsi w’intwari hari byinshi abanyabuzima twagezeho, turashima Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.”

Uwitwa Cyekuru Beatrice, umwe mu banyabuzima mu Murenge wa Nkombo asanga ubutwari harimo no kuba “umunyabuzima ndetse no kwigira mu iterambere”.

Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo bavuga ko batewe ishema no kuba ubu ari abanyarwanda batakitwa ‘Abashi’ bo muri RD Congo, bavuga ko batemerwaga nk’abanyarwanda.

Uyu ati “Twari hagati nk’ururimi, ubu twaribohoye turashima Intwari z’u Rwanda.”

Bunani Faustin ati “Mbere yo kubohorwa kw’igihugu cyacu, iyo twageraga hakurya baravugaga ngo dore Abashi baraje, umwana wa hano yavugaga ikinyarwanda ageze mu ishuri, bagenzi bacu ntibatwiyumvagamo twagera no muri Congo bakatwita abanyarwanda, ubu twishimiye kuba turi abanyarwanda”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga yasabye abaturage bo ku Nkombo gufata neza ibyagezweho, abibutsa ko kuba intwari birimo gukora, kwishyira hamwe, kwicungira umutekano bigamije iterambere.

Yagize ati “Turabashishikariza gusigasira ibyagezweho, bicungira umutekano bafata iya mbere mu iterambere ry’abo n’iry’Akarere, bibumbire mu ma Koperative bakore.”

Umurenge wa Nkombo uri hagati mu kiyaga cya Kivu, abawutuye bavuga ko bakataje mu rugamba rw’iterambere.

Bacinye akadiho bishimira ibyo bamaze kugeraho mu Murenge wa Nkombo

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

MUHIRE DONATIEN

UMUSEKE.RW/Rusizi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI