Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Rihanna watangaje ko azabyara abana 4 aratwite

Inkuruivugwa cyane ni ugutwita k’umuhanzikazi w’icyamamare, Rihana inda ya mbere ayitewe n’umuraperi A$AP Rocky.

A$AP Rocky na Rihana bamaze hafi imyaka ibiri bakundanye

Aba bombi bishimiye kuba ababyeyi, yaba Rihana na Rocky buri wese afite imyaka 33 y’amavuko, bafotowe mu mpera z’iki Cyumweru bagenza amaguru Rihana yafunguye ibipesu by’ishati nini agaragaza inda y’umubyeyi utwite.

Urubuga People.com ruvuga ko Rihana yatangaje ko arambiwe no kubaho ubuzima bwo gusesagura, ko yumva agomba kubiruhuka agafata inshingano za kibyeyi, nibura mu myaka 10 iri imbere akaba abyaye abana batatu cyangwa bane.

Rihana yakundanye na A$AP Rocky nyuma yo gutandukana n’umukire utunze za miliyari z’amadolari witwa Hassan Jameel, muri Mutarama 2020.

Robyn Rihanna Fenty yavugiye mu birwa bya Barbados tariki 20 Gashyantare, 1988.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. muyombano

    February 1, 2022 at 2:15 pm

    Aba Stars bakomeye niko bakora.Birirwa mu busambanyi mu rwego rwo KWISHIMISHA.Kardashian yabanye n’abagabo 16,utavuze abagabo batabarika bandi yaryamanye nabo.Kuba gusambana ari icyaha,ntacyo bibabwiye na busa.Imana bayikuba na zero,nubwo bajya bayiririmba.Ntitugakinishe Imana yaduhaye ubuzima.Nkuko ijambo ryayo rivuga,abo bose izabakura mu isi ku munsi w’imperuka,isigaze abayumvira,nubwo aribo bake nkuko bible ivuga.Ikibabaje nuko abayisuzugura iyo bapfuye bababeshya ko bitabye Imana,nyamara bible ivuga ko biba birangiye batazongera kubaho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI