Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

AMAFOTO: Benshi bari bazi ko kujya Uganda biri buborohere batashye batambutse

Kuri uyu wa Mbere, umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe nyuma y’imyaka hafi itatu ishize ufunzwe, abaturage bari bazindutse bazi ko bambuka bakajya Uganda ku mpamvu zitandukanye ntibyabakundiye “kuko hari ibitaranoga”.

ACP Lynder Nkuranga Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda aha ikaze abo ku ruhande rwa Uganda bagiranye inama n’abo mu Rwanda

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yari ku mupaka wa Gatuna, avuga ko hari abantu bahageze bashaka kujya Uganda ariko bamwe ntibyabakundira, gusa uwari ufite impamvu zihutirwa “nko kujya gutabara” yahawe uruhushya arambuka.

Ku mupaka wa Gatuna hari Abanyamakuru benshi baba Abanyarwanda n’abo muri Uganda baje kureba uko urujya n’uruza ruhagaze.

Amafoto yafashwe ari ku mbuga nkoranyambaga yerekana ko imodoka zitwaye ibicuruzwa zabashije gutambuka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere abayobozi b’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda baje mu Rwanda bagirana inama n’abo ku ruhande rw’u Rwanda gusa iyo nama yabereye mu muhezo.

Itangazamakuru ryabwiwe ko Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukurarinda aza guha Abanyamakuru ibisobanuro ku byavugiwe muri iyi nama.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo ubwo yasubizaga Umunyamakuru wo muri Uganda wamubajije impamvu abantu batambutse umupaka asubiza ko byatewe n’ikibazo cya COVID-19.

Kuri Twitter yanditse ati “Imodoka, Abanyarwanda bataha baratambuka ku mupaka wa Gatuna nk’uko bigenda ku yindi mipaka, hakurikijwe amasezerano ajyanye na COVID-19 muri Africa y’Iburasirazuba (EAC Covid protocols). Nk’uko byavuzwe mu itangazo inzego z’ubuzima z’u Rwanda n’iza Uganda ziri gukorera hamwe ku bijyanye n’amasezerano ajyanye na Covid, bizatuma abantu bose ku mpande zombi babasha kwambuka.”

Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka muri Uganda baje mu Rwanda mu nama

Ku biro by’Abanjira n’abasoka hazaga abantu bacye bacye bashaka kujya muri Uganda

Hari abagenzi bari bategereje ko bemererwa kujya Uganda ariko hagendaga abafite impamvu zidasubikwa

Imiromo yo gusiga amarangi irarimbanyije

Ku ruhande rwa Uganda imirimo yo kubaka Umupaka umwe (One single Bolder Post) ntirarangira

Uganda haracyarimo akazi kenshi ko gukora umupaka ku ruhande rwabo harimo no kubaka umuhanda

Abanyamakuru bo mu Rwanda bari benshi ku mupaka wa Gatuna kureba ifungurwa ryawo

Abanyamakuru bari bategereje Interview z’abayobozi byarangiye batazibonye

Saa kumi n’imwe Trinity yari tayari gutwara abayigana ariko yabuze abagenzi

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

AMAFOTO@NKUNDINEZA JP

JEAN PAUL  NKUNDINEZA
UMUSEKE.RW

5 Comments

5 Comments

  1. Nkubito

    January 31, 2022 at 2:01 pm

    Nibafungure twigendere, hano inzara irenda kuzatwica, imisoro idasobanutse, gufungirwa business, etc.
    Ntibakwiye kugira impungenge z’uko tugenda kuko buri muntu afite uburenganzira bwo gutura aho ashaka hose ku isi.

    • AZ

      February 1, 2022 at 6:31 pm

      Ariko nkawe rwose iyo uvuga ngo mwigendere, uba uvuga wowe na nde mwagiranye inama yo kugendana? Umenye ko amahanga ahanda. Urwanda turarukunda muziyahure, kdi abarukunda nitwe benshi tuzakomeza kururwanirira. Niba ufite undi nyoko usanga uzashogoshere.

      • arazambya

        February 2, 2022 at 9:19 am

        Igisubizo cyawe nta burere na mba ubanza ari nkamwe ahunga

  2. Baba Baba

    January 31, 2022 at 2:54 pm

    Mfite amatsiko y’ibyo abayobozi bari butangaze. Umupaka wa Gatuna wafunguwe ? byasubitswe ? hari abemerewe kwambuka n’abatabyemerewe ? bimeze gute ?

  3. murenzi

    February 1, 2022 at 3:03 pm

    Bafunguye hagenda benshi
    Isura nyayo y’urwanda yagaragara

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI