Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Nyanza: Umugabo yasanzwe munsi y’umuhanda yapfuye

Mu mudugudu wa Runazi mu kagari ka Rukingiro mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza hari umugabo wakoraga akazi k’ubuyedi umurambo we wasanzwe munsi y’umuhanda.

Akarere ka Nyanza mu ibara ritukura

Uriya mugabo yitwa Ntibategejo Andre w’imyaka 52 y’amavuko umurambo we wasanzwe munsi y’umuhanda, akaba yari amanze imyaka itatu acumbitse mu Murenge wa Busoro, mu Kagari ka Rukingiro, mu Mudugudu wa Gasambu nta muryango yazanye yibanaga yakoraga akazi k’ubuyedi.

Bagenzi be bakoranaga baravuga ko bamusize aho banyweraga inzoga nka saa kumi n’ebyiri z’umugoroba we agasigara mu kabari nyuma ntibamenye igihe yatahiye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yabwiye UMUSEKE ko RIB yatangiye iperereza.

Ati “Mu gitondo umurambo we bawusanze ahantu yapfuye RIB yatangiye iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyamwishe.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko umurambo wasanzwe munsi y’umugina muremure ahari gukorwa umuhanda, ukaba wanajyanwe ku bitaro bya Nyanza ngo ukorerwe isuzuma hamenyekane icyamwishe.

Nyakwigendera akaba yavukaga mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Buruhukiro.

Ubuyobozi bukaba bwasabye abaturage ko bakwiye kwirinda icyaricyo cyose cyahungabanya umutekano kandi amakuru yose yafasha ubuyobozi ngo hamenyekane icyo nyakwigendera yaba yazize ko bakwihutira kukivuga.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

THEOGENE NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW/Nyanza

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI