Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Muri uyu mwaka abantu 15 bamaze kwicwa n’ibiza, 37 barakomereka- MINEMA

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko muri uyu mwaka abantu 15 bamaze guhitanwa n’ibiza abandi 37 barakomereka.

MINEMA isaba abaturage kuzirika ibisenge hagamijwe kwirinda ko habaho ko inzu zatwarwa n’umuyaga

Hamaze igihe hirya no hino mu gihugu hagaragara imvura nyinshi bityo igatwara ubuzima bwa bamwe, amatungo, ubutaka ibikorwaremezo bikangirika.

Raporo ya Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yo kuwa 1-25 Mutarama 2022, yerekana ko imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’igihugu, yatwaye ubuzima bw’abantu ari ko kandi inangiza ibintu bitandukanye.

MINEMA igaragaza ko inzu 130 zasenyutse,hegitare 132,7 nazo ziratwarwa.Ivuga kandi ko abantu 7 bishwe n’inkuba,2 bishwe n’imyuzure,2 bishwe n’imikingo yatengushye,1 imvura nyinshi, 3 bagwiriwe n’ibirombe.

Muri iyi raporo,Minisiteri y’Ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko inka 10 zapfuye, andi matungo 3 yishwe n’imvura.ibyumba by’amashuri 7 na byo byarasenyutse, umuhanda 1 urangirika.

Akarere ka Rubavu ni kamwe mu turere twagizweho ingaruka .

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu,Kambogo Ildephonse, yabwiye UMUSEKE ko nyuma y’aho imvura nyinshi itwaye ubuzima bw’umuntu umwe kandi ikangiza ibikorwaremezo, hafashwe ingamba zigamije guhangana n’ibiza mu buryo burambye.

Ati “Mu buryo burambye ni ugukemura ikibazo cy’umuyoboro w’amazi,harimo ibikorwaremezo biri kubakwa birimo imihanda minini hagamijwe gukemura ikibazo cy’amazi .Hari ugutera ibiti ku musozi wa Rubavu iyi yo ni gahunda yihutirwa ariko cyane ahantu hari imiyoboro y’amazi agomba kubakwa agakomera kugira ngo adasenywa n’amazi agomba kubakwa agakomera kugira ngo adasenywa n’amazi no kumenya ihererekanya ry’amazi.”

MINEMA isaba abaturage kuzirika ibisenge hagamijwe kwirinda ko habaho ko inzu zatwarwa n’umuyaga hakoreshejwe impurumpuru zikomeye.

Abaturage basabwe kandi gufata amazi y’imvura ava ku nzu hagashyirwaho imireko.Ibigega n’ubundi buryo bwakoreshwa kandi bakirinda ikintu gishobora gukura inkuba.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI