Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Tugiye gucyemura ibibazo by’ibiza mu buryo burambye- Meya Kambogo

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko bugiye gukemura ikibazo cy’ibiza cyagaragara muri aka Karere mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo avuga ko bafashe ingamba zo guhashya ibiza

Ibi bitangajwe mu gihe mu mpera z’iki cyumeru, imvura nyinshi itwaye ubuzima bw’umuntu, imiryango 10 inzu zikarengerwa n’amazi.

Mu buhamya UMUSEKE wahawe na Mbarushimnana Edouard wo Murenge wa Rugerero,Akagari ka Gisa mu Mudugudu wa Gisa, Akarere ka Rubavu,, yavuze ko ubwo imvura yagwaga yamwangirije inzu n’ibikoresho bitandukanye bifite agaciro karenga miliyoni eshatu, agasaba ko we na bagenzi bafashwa bagahabwa ubutabazi bw’ibanze.

Ati “Imvura yaraguye, amazi aza mu nzu,matera zirararengerwa, moto irarengerwa sinzi ko izakira, Radiyo nayo nuko .Ubu maze gutakaza ibifite hafi agaciro nka miliyoni eshatu.”

Yakomeje ati “ Turifuza ubufasha, tukaba twakorerwa ubutabazi bw’ibanze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yabwiye UMUSEKE ko nyuma yaho iki kibazo cyigaragariye , abaturage bahawe ubutabazi bw’ibanze burimo no kubashakira aho baba.

Ati “Uko bigaragara n’uko amazi yinjiye mu nzu ntacyo baramuye, twabashakiye ibikoresho n’ibyo kurya, tukanabakodesha inzu.”

Uyu muyobozi yavuze ko mu gukemura ikibazo cy’ibiza mu buryo burambye harimo kubakwa ibikorwa remezo birimo imihanda minini, kubaka imiyoboro y’amazi hagamijwe gekemura ikibazo cy’isuri.

Ati “ Mu buryo burambye ni ugukemura ikibazo cy’umuyoboro w’amazi, harimo ibikorwaremezo biri kubakwa birimo imihanda mini hagamijwe gukemura ikibazo cy’amazi.Hari guterwa ibiti ku musozi wa Rubavu iyi yo ni gahunda yihutirwa ariko cyane cyane ahantu hari imiyoboro y’amazi agomba kubakwa agakomera kugira ngo adasenywa n’amazi no kumenya ihererekanya ry’amazi.”

Yakomeje ati “Ikindi nanone ni ugushishikariza abaturage gufata amazi yabo kugira ngo ikibazo tugikemure burundu.”

Kuwa 3 Mutarama 2022 nabwo muri aka Karere, imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yasenye ibyumba bitatu by’ishuri ribanza rya Rebero(Centre Scolaire Rebero).

Kugeza ubu Intara y’Iburengerazuba yibasiwe n’ibiza biturutse ku mvura.By’umwihariko Akarere ka Rubavu na Ngororero tukaba ari two turi kwibasirwa cyane.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI