Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Gasabo/Jali: Abasore babiri bagwiriwe n’umukingo bahasiga ubuzima

Abasore babiri bo mu Murenge wa Jali mu Kagari ka Nyakabungo, kuri iki Cyumweru bagwiriwe n’umukingo w’umugezi wa Murongozi munsi ya Santarari Gaturika ya Cyuga ubwo barimo bacukura amabuye yo kubaka rwihishwa bahita bahasiga ubuzima.

Jali umukingo w’umugezi wagwiriye abasore babiri bahatakariza ubuzima

Mu masaha ya saa tanu n’igice (11h30 a.m), kuri uyu wa 23 Mutarama 2022, mu Mudugudu wa Ruhihi, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo nibwo abasore babiri bagwiriwe n’ikirombe bahita bitaba Imana.

Maniriho Jean w’imyaka 25 na Tuyishimire Philemon w’imyaka 26 nibo bagwiriwe n’umukingo usanzwe ucukurwamo amabuye yo kubakisha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakabungo, Hatungimana Claude yabwiye UMUSEKE ko babiri bahatakarije ubuzima nyuma yo kugwirwa n’umukingo.

Ati “Nibyo, turimo gukuramo imirambo y’abagwiriwe n’umukingo w’umugezi wa Murongozi, ni abantu babiri wagwiriye bahita bitaba Imana, nta bandi barimo bari bonyine.”

Hatungimana Claude, yabwiye UMUSEKE kandi ko aha hantu aba bacukuraga aya mabuye muri uyu mugezi ugabanya umurenge wa Jali na Jabana bagwirwa n’umukingo wo ku gice cya Jali.

Ahamya ko aha hantu nubwo abaturage basanzwe bahakura amabuye mu mugezi ariko ngo barenzagaho bagasesereza n’umukingo, ubuyobozi ntibuhwema kubakumira.

Amakuru UMUSEKE wahawe n’abaturage baturiye uyu mukingo ni uko impamvu ukunze kugwa ari uko basesereza imirima yabo bashakamo aya mabuye yo kubakisha bagurisha. Gusa bakavuga ko babangamiwe n’ibi bikorwa kuko bituma n’imirima yabo itwarwa n’umugezi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakabungo, Hatungimana Claude, yasabye abaturage kwirinda kujya mu bikorwa nk’ibi bishyira ubuzima bwabo mu kaga muri ibi bihe by’imvura, ahubwo bagakangukira gukora indi mirimo ibabyarira inyungu aho kurambiriza kuri ubu bucukuzi bw’amabuye butemewe.

Imirambo y’aba bitabye Imana ikaba yamaze gukurwa mu mugezi mu masaha ya saa cyenda z’amanywa (3h00 p.m), yahise ijyanwa mu miryango yabo kugira ngo hategurwa imihango yo kubashyingura.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste
UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI