Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Uruzinduko rw’amateka, Gen Kainerugaba umwana ugiye guhuza ababyeyi barebanaga ay’ingwe

Birasa n’ibidasanzwe, ubushize yavuze ko uzarwanya Perezida Kagame “azaba arwanya umuryango wanjye”, benshi babivuzeho byinshi bagira ngo ni amashyengo, ubu ntibikiri amagambo umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni mu ndege iriho ibirango bya Uganda yageze i Kigali.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, ageze i Kigali

Ubutegetsi bw’u Rwanda ntacyo bwari bwabitangajeho ariko amakuru yo yari yageze mu nkoramutima za bamwe ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’umujyanama we mu by’umutekano azaza kugirana ibiganiro n’u Rwanda.

Ntiyambaye inyenyeri ku rutugu, gusa yambaye ikoti ryiza ry’Umuyobozi benshi batangiye kubonamo uzafata inkoni y’ubushumba ya Se mu matora ateganyijwe muri 2026, ni ngombwa ko atangira guharura inzira mu baturanyi.

Kuri gahunda y’uruzinduko rwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wageze i Kigali arabanza kujya kuri Ambasade y’igihugu cye nyuma bamujyane Kacyiru, mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (my uncle), aho aragirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame.

Ibi biganiro bigamije gusubiza ibintu mu buryo, impande zombi zikongera kubana ziseka, nyuma y’imyaka myinshi umubano w’u Rwanda na Uganda ujemo agatotsi.

Ikinyamakuru Chimp Reports cyo muri Uganda, amakuru gifite ni uko muri ibi biganiro u Rwanda na Uganda byongera gushyiraho itsinda riziga neza umuzi w’ibibazo bihari bigakomeza kuganirwaho.

I Gatuna nyuma y’igihe kirekire cyari gishize tariki 21 Gashyantare 2021 Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni bongeye guhana ibiganza (Archives)

U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira imitwe irurwanya cyane uwa RNC wa Kayumba Nyamwasa wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Runashinja Uganda guhohotera Abanyarwanda inzego z’ubutasi zayo zikabakorera iyicarubuzo abanda bagafungwa kandi barengana.

Kubera iyo mpamvu hagiye gushira imyaka hafi itatu imipaka yo ku butaka y’ibi bihugu byombi ifunzwe, ndetse Abanyarwanda babujijwe kujya kwicwa urwa nabi muri Uganda.

Uganda na yo ishinja u Rwanda ngo kuba inzego z’ubutasi zijyayo guhungabanya umutekano.

https://p3g.7a0.myftpupload.com/umuhungu-wa-perezida-museveni-ategerejwe-i-kigali-arahura-na-perezida-kagame.html

Umuhungu wa Museveni asuhuzanya bya gisirikare n’abaje kumwakira

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI