Connect with us

Hi, what are you looking for?

Afurika

Liberia: Abari mu ikoraniro ry’amasengesho batewe n’abitwaje ibyuma hapfa 29

Nibura abantu 29 barimo abana 11 n’umugore utwite bishwe n’umubyigano ubwo abantu benshi bari mu ikoraniro ry’amasengesho ya Gikiristu mu gace gatuwe cyane i Monrovia.

Abantu bitwaje ibyuma bigabye mu ikoraniro ry’abasengaga hapfa 29

Umuvugizi wa Polisi, Moses Carter yabwiye BBC ko iryo teraniro ry’abantu benshi ryabaye ku wa Gatatu nijoro, haduka abantu bitwaje ibyuma babiraramo batangira kubakomeretsa.

Yavuze ko umwe mu bari bitwaje ibyuma yatawe muri yombi.

Abantu bari hamwe mu giterane muri Liberia ngo babita (crusade), icyo giterane n’amasengesho byari byateguwe na Pasiteri ufite abantu benshi bamukurikira muri uriya mujyi.

Imibiri y’abaguye muri kiriya gitero yajyanywe ku buruhukiro by’Ibitaro Redemption Hospital, byegereye ahaberaga isengesho mu gace ka New Kru Town.

BBC ivuga ko insoresore zikora urugomo mu mihanda y’i Monrovia ziyongereye cyane muri iyi myaka.

Perezida George Weah yagombaga gusura aka gace kabereye buriya bugizi bwa nabi kuri uyu wa Kane nk’uko imwe mu maradiyo yigenga hariya yabitangaje.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI