Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Rutahizamu wa APR FC ukomeye yasabye gutandukana na yo

Umukinnyi wa APR FC, Nizeyimana Djuma yasabye iyi kipe ko yamurekura akajya gushakishiriza ahandi, ni nyuma y’uko akomeje kugorwa no kubona umwanya wo gukina muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu.

Nizeyimana Djuma yasabye APR FC kumurekura cyangwa ikamutiza

Uyu mukinnyi uheruka kongera amasezerano mu ikipe ya APR FC muri Nyakanga 2021, arifuza gutandukana n’iyi kipe akajya aho akina.

Amakuru twamenye ni uko uyu mukinnyi yamaze kwandikira APR FC ayisaba kuba yamurekura muri uku kwezi kwa Mutarama 2022 ubwo isoko ry’igura rizaba rifunguye akajya aho abona umwanya wo gukina cyangwa se batashaka kumugurisha bakaba bamutiza kuko muri APR FC abona kubona umwanya wo gukina bigoranye.

Yageze muri APR FC muri 2019 ayisinyira imyaka 2, mu myaka ibiri yagiye agirirwa icyizere cyo gukina n’ubwo atahawe umwanya uhagije, kuva yakongera amasezerano y’imyaka 2 muri Nyakanga 2021 ntabwo yigeze abona umwanya wo gukina uhagije ari nayo mpamvu yifuza ko iyi kipe yamurekura.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI