Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amahanga

RDC-Ituri: Inyeshyamba za CODECO zishe abasivili 11

Igitero gishya cy’inyeshyamba za CODECO mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 16 Mutarama 2022, cyiciwemo abasivili 11 hakomereka abagera ku 1o muri Teritwari ya Irimu muri Ituri.

Umuyobozi wa Sheferi ya Baboa Bakoe, yabwiye 7 SUR7.CD ko izi nyeshyamba zishe aba basivili mu giturage cya Kokonyange nyuma yo gucunga ko nta ngabo za Leta zari muri ako gace.

Jonas Lemi Zorabo yahamije ko abantu 11 bishwe n’iki gitero mu gihe abagera ku 10 bakomeretse bikabije.

Yagize ati“Biciwe mu giturage cya Kokonyange, iki gitero cyakozwe n’inyeshyamba za CODECO n’abo bafatanyije ba FPIC, bacunze nta ngabo za FARDC zari muri iki giturage.”

Yakomeje avuga ko ubwo FARDC yatabaraga izi nyeshyamba zahise zihunga, abaturage bari guhamagarwa ngo basubire mu ngo zabo.

Teritwari ya Irumu ni imwe mu yibasirwa n’ibitero by’inyeshyamba mu Ntara ya Ituri yiganjemo imitwe y’inyeshyamba z’aba congomani n’indi ituruka ikomoka muri Uganda.

Ingabo za Leta ya Congo, FARDC na UPDF za Uganda bari gukora Oresiyo yiswe Ushuuja yo guhashya imitwe y’iterabwoba muri Kivu y’Amajyaruguru no mu Ntara ya Ituri.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI