Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Ibura rya Paul Rusesabagina ryateje impaka mu rubanza rurasubikwa

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Mutarama 2022 nibwo urukiko rw’Ubujurire rwatangiye kuburanisha ubujururire mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be 20 barimo na Nsabimana Calixte uzwi nka Sankara ariko iburanisha riza gusubikwa nyuma yo kujya impaka ku kutitabira ubujurire kwa Rusesabagina.

Abaregwa muri dosiye imwe na Rusesabagina bose bari mu Rukiko

Kuwa 20 Nzeri 2021 nibwo urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwatangaje umwanzuro ku bihano byahawe abaregwa .

Icyo gihe Paul Rusesabagina niwe wari wahawe igihano kinini kuko yari yahawe gufungwa imyaka 25 mu gihe Nsabimana Calixte we yari yahawe imyaka 20.

Urukiko rwari rwategetse ko abaregwa bafatanya kwishyura indishyi z’akababaro ku bo zemeje ko bagomba kuzihabwa nyuma yo gusuzuma rugasanga baratanze ibimenyetsi bifatika.Abaregeraga indishyi bose hamwe ni 94.

Iburanisha ku Bujurire ryatangiye hajyibwa impaka kuri Rusesabagina…

Mu iburanisha ryabereye mu Rukiko rw’Ubujurire ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali,habanje kujyibwa impaka niba urubanza rwakomeza mu gihe Paul Rusesabagina atitabiriye iburanisha.

Ubushinjacyaha bwo bwerekanaga ko ababuranyi bahamagawe mu buryo bwemewe n’amategeko nubwo Rusesabagina we atitabiriye iburanisha.

Bwavuze ko Rusesabagina yahamagawe n’urukiko ariko akanga kwitaba ndetse ko mu gihe abandi bo bemeye kwipimisha COVID-19 nk’uko amabwiriza abisaba we yabyanze avuga ko atazitabira urubanza.

Umushinjacyaha Habarurema Jean Pierre yavuze ko hashingiwe ku bimenyetso Rusesabagina yahamagajwe mu buryo bukurikije amategeko.

Yavuze ko Rusesabagina mu ibaruwa yo kuwa 30 Ukuboza 2021 yari yamenyeshejwe na gereza afungiyemo ya Nyarugenge ko afite urubanza, gusa akaza kwanga gushyira umukono kuri iyo nyandiko mu gihe bagenzi be bareganwa muri dosiye imwe bayisinyeho.

Gusa ku ruhande rw’abaregera indishyi bifuzaga ko urubanza rukomeza nubwo Paul Rusesabgaina atitabiriye iburanisha.

Nyuma y’impaka , Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko umwanzuro kuri izi mpaka uzasomwa kuwa Kabiri,tariki ya 18 Mutarama 2022, saa kumi.

Hakazatangazwa niba ihamagazwa mu rubanza kwa Rusesabgina ryari rikurikije amategeko cyangwa niba yakongera guhamagazwa.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

2 Comments

2 Comments

  1. Ikibasumba

    January 17, 2022 at 7:40 pm

    Mwataye igihe cy’ubusa, n’ubundi se ko muzasoma ko urubanza rukomeza murata igihe kiki? icyadutangaza nuko wavuga ko guhamagazwa kwe bidakurikije amategeko naho ibindi byo n’ibisanzwe ni ukwinyuza i Nyanza kandi ugiye i Butare.

  2. Ngunda

    January 17, 2022 at 8:36 pm

    Hahahhhh ubutareba bwacu nanubu burakikinisha bwikirigita bukanaseka,Rusesabagina yikuye murubanza kuko atizeye ubutabera,nubundi imyanzuro muzafata ko atazayivuguruza ubwo muba mukina ikinamico bwoko ki?ese mubona abantu bose ari injiji kuburyo ibikorwa batabisobanukirwa,niba muburana muzi nibyo murimo ubwo isubika ryuru rubanza mwarishingiye kuki?
    Amategeko yasimbujwe amabwiriza kabisa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI