Connect with us

Hi, what are you looking for?

Afurika

Congo yacyuye Abanyarwanda “bari bahunze inkingo za COVID-19”

Abanyarwanda barenga 100 bavugaga ko bahunze inkingo za Covid-19 bakajya ku kirwa cya Ijwi kiri mu kiyaga cya Kivu, ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwafashe icyemezo cyo kubacyura mu Rwanda.

Abanyarwanda bashishikarizwa kwikingiza Covid-19 ariko bamwe bavuga ko imyemerere y’Idini yabo itabibemerera

BBC Africa dukesha iyi nkuru ivuga ko abantu babiri muri abo bagera ku 101 baburiwe irengero bakaba bagishakishwa.

Umuyobozi ku Kirwa cya Ijwi witwa, Roger Ntambuka, yabwiye BBC ko ubuyobozi bwaho bwaganiriye n’ubw’u Rwanda bariya bantu kugira ngo bacyurwe iwabo.

Ati “Nta mpamvu n’imwe yari ihari yatuma aba Banyarwanda baguma hano. Twabashije kubibumvisha.”

Yavuze ko bariya Banyarwanda barimo abagore, abagabo n’abana batashye bakoresheje ubwato.

Gusa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, BBC ivuga ko yayitangarije ko atazi iby’ihunga ry’abo Banyarwanda, ndetse ko atazi neza ko gucyurwa kwabo byagizwemo uruhare n’abayobozi.

Hashize iminshi u Burundi nabwo bwirukanye Abanyarwanda bari bahahunguye bavuga ko bahunga inkingo za COVID-19 n’amabwiriza ariho yo kwirinda iki cyorezo.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda avuga ko kwikingiza atari itegeko ariko ko utabikoze agomba kwirengera ingaruka zabyo.

Ati “Kwikingiza ntabwo ari itegeko ni ugusobanurirwa wabyumva ukajya kwikingiza, niba rero wumva ko udashobora kwikingiza kuko nta n’ubutegeka, ugomba kwirengera ingaruka zabyo.”

Zimwe muri izo ngaruka harimo kubuzwa kwinjira mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, kubuza abana kujya ku ishuri, kubuzwa kujya ahahurira abantu nko mu tubari n’ahandi.

Mukurarinda avuga ko ibyo ari uburyo Leta igomba kurinda abantu bayo kuko abakingiwe byagaragaye ko Covid-19 itabarembya, mu gihe ari icyorezo cyica.

https://p3g.7a0.myftpupload.com/u-burundi-bwafashe-icyemezo-cyo-kwirukana-abanyarwanda-12-bahunze-inkingo-za-covid-19.html?fbclid=IwAR0gceqfYJy2tIszUPwNUSEHl60lY-Oyw8GIRcxWlSfe3ua6y7sBj-3ROic

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. Yaaah

    January 14, 2022 at 9:01 pm

    Abanyarwanda barahunga kuko urukingo ari itegeko. Ntiturumva bavuga ko abarundi, abakongomani, bahunga urukingo kuko iwabo si itegeko, ni ubushake.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI