Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Gasogi United yababariye Mbogo Ally wari washyizwe muri ‘Poubelle’

Mbogo Ally, ukina mu mutima w’ubwugarizi bwa Gasogi United yagaragaye mu myitozo y’iyi kipe nyuma yo kubabarirwa ikosa yakoze ku mukino wabahuje na APR FC rigatanga igitego.

Mbogo Ally ashinjwa gukora amakosa menshi mu mikino ya Gasogi United igatsindwa (Archives)

Ku wa 26, Ukuboza, 2021, Gasogi United yakiriye inatsindwa ibitego 2-0 na APR FC mu mukino w’umunsi wa 11 wa Shampiyona wari wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Muri uwo mukino, myugariro Mbogo Ally yakoze ikosa rikomeye ryo gushorera umupira mu rubuga rwegereye umunyezamu we, awutakariza hafi y’abakinnyi ba APR FC bahise bawubyaza igitego cyatsinzwe na Mugunga Yves.

Nyuma y’umukino, umutoza Guy Bukasa yaganiriye n’itangazamakuru, yumvikana mu burakari bwinshi avuga ko Mbogo Ally ari umukinnyi mukuru utagakwiye gukora amakosa ashyira ikipe mu kaga anahamya ko amusezereye.

Ati “Ndamushyira muri ‘Poubelle’ (aho bamena imyanda) umushaka amutware.”

Nyuma y’aho Guy Bukasa n’ubuyibozi bwa Gasogi United ntabwo birukanye Mbogo nk’uko byari biteganijwe, byanatumye agaragara mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri, iyi kipe yakoze yitegura umukino uzayihuza na Gicumbi FC ku wa 17, Mutarama 2022.

Nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri, Guy Bukasa yagaragaye kuri Gasogi United TV (YouTube Channel), avuga ko myugariro Mbogo Ally ari kumwe n’abandi kandi yababariwe nk’umwana imbere y’ababyeyi be.

Bukasa yagize ati “Arahari, ni umwaka mushya, ntekereza ko buri wese afite uburenganzira bw’amahirwe ya kabiri, iyo uyobora ikipe uba uri nk’umubyeyi, buri mwana ashobora gukora ikosa ariko iyo asabye imbabazi akanasezerana ko atazongera, ntekereza ko ari umukoro wacu wo kwemera imbabazi yasabye, no kumuha igihe cyo kwikosora. ari mu bandi bakinnyi.”

Mbogo Ally w’imyaka 27 y’amavuko yageze muri Gasogi United mu mwaka ushize avuye muri Kiyovu Sports. Yigeze kandi gukinira Bugesera FC na Espoir FC y’ i Rusizi.

Mbere y’uko Shampiyona isubukururwa hagakinwa imikino y’umunsi wa 12, Gasogi United iri ku mwanya wa cyenda ku rutonde, ifite amanota 13. Mu mikino 11 yakinnye, yatsinze inshuro 3 itsindwa 4 inganya 4. Yinjije ibitego 9, yinjizwa 11 bivuze ko ifite umwenda w’ibitego 2.

Uyu munsi Gasogi United yakoze imyitozo yitegura Gicumbi FC

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NGABO Mihigo Frank / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI