Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Musanze: Abafite ubumuga bw’uruhu rwera barashimira Perezida Kagame kuba batakigorwa no kubona amavuta

Abafatite ubumuga bw’uruhu rwera bo mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda, barishimira kuba kuri ubu basigaye babona amavuta arinda abafite ubu bumuga mu buryo buboroheye.

Bishimiye uburyo bakomeje kwitabwaho

Abafite ubu bumuga kenshi bakunze kugaragaza imbogamizi z’uko kubona amavuta ahanini bashingira kuba ari ku giciro gihanitse.

Ni ikifuzo kandi bagejeje kuri Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame basaba ko nibura bakoroherezwa bakajya babasha kuyagura hifashishijwe ubwisungane mu kwivuza.

Icyo gihe Umukuru w’Igihugu yabijeje ko bigomba gukorwa ndetse ko bakwiye kwitabwaho.

Abaganiriye na RBA , bavuze ko imvugo ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ariyo ngiro ko kuri ubu batakigorwa no kubona amavuta abarindira uruhu.

Umwe yagize ati “Twahuraga n’imbogamizi nyinshi cyane kubera kubura amavuta mbese ku ruhu hakazaho uduheri bikaba byatuviramo na kanseri.Ariko kuri ubu byaroroshye , usigaye ugira icyo kibazo ugahita ushyiraho amavuta, biroroshye bihita bikira.Dushimira na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika watwitayeho.”

Undi nawe agize ati “Perezida wa Repubulika turamushimira y’uko aba yaduhaye agaciro.Serivisi turi kuzibona kandi ubona y’uko naho tujya tuba dufite umutekano.”

Umuganga ushinzwe gukurikirana indwara z’uruhu ,Dr Gasarabwe Mielle, yasabye abafite ubumuga bw’uruhu kwirinda ahubwo bagafata imiti yabugenewe.

Ati “Kubakurikiranira hafi, ni ukugira ngo turebe twa duheri ari two dukomeza gukura tukavamo kanseri.Iyo tugaragaye hakiri kare, tukabuvura twifashishije ubuvuzi bita crayonsethaphie, turabushiririza bugashira burundu.Inama ya mbere ni ukugerageza kwirinda ubwabo , ushobora kwirinda izuba ukoresheje imyambaro.”

Umukozi W’Akarere ka Musanze ushinzwe abafite ubumuga,Uwitonze Esron, yasabye abaturage kwirinda gukoresha imvugo mbi zisebya abafite ubumuga bw’uruhu rwera .

Ati “Icyo tubasaba ni kimwe kandi duhora tunabasaba, tubabwira ko kuzibwira [avuga imvugo] umuntu ufite ubumuga uwo ari we wese ari icyaha gihanirwa n’amategeko.”

Kugeza ubu mu Karere ka Musanze habarurwa abafite ubumuga bw’uruhu rwera 62.Ni mu gihe mu gihugu hose habarurwa abangana 1238.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT
TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI