Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Abasenateri bagiye kureba ibibazo by’ingutu biri mu Midugudu yubakwa na Leta

Itangazo rigenewe Abanyamakuru, Sena y’u Rwanda ivuga ko Abasenateri bagize Komisiyo idasanzwe batangiye igikorwa cyo kumenya ibibazo bigaragara mu Midugudu y’icyitegererezo n’indi Leta y’u Rwanda yatujemo abantu banyuranye badafite aho baba mu rwego rwo kuzamura imibereho yabo.

Umudugudu w’ikitegerezo wa Gishuro watashywe na Perezida Paul Kagame (Archives)

Abasenateri bazasura imidugudu 63 yo mu Turere twose tw’Igihugu mu gihe cy’ibyumweru bibiri, nyuma bagirane ibiganiro n’abayobozi b’Uturere.

Perezida wa Komisiyo idasanzwe, Senateri Mureshyankwano Marie Rose agira ati “Nubwo gahunda ya Leta y’u Rwanda yo gutuza abaturage mu midugudu yafashije mu kwihutisha iterambere no kuzamura imibereho y’abayitujwemo muri rusange, imwe mu midugudu igaragaramo ibibazo birimo ibijyanye n’inyubako zangirika vuba, umwanda, abaturage badafata inzu neza n’ibindi, ari na yo mpamvu Sena yashyizeho iyi komisiyo kugira ibicukumbure, aho bikenewe gukosorwa bikorwe hakiri kare”.

Inteko Rusange ya Sena yo ku wa 01 Ukuboza, 2021 yashimye intambwe imaze guterwa mu gutuza abaturage mu midugudu, ariko isanga hari n’ibibazo bikigaragara Sena ikwiye gucukumbura, ishyiraho Komisiyo idasanzwe igizwe n’Abasenateri bakurikira: Senateri MURESHYANKWANO Marie Rose (Perezida); Senateri NSENGIYUMVA Fulgence (Visi Perezida); Senateri Dr. HAVUGIMANA Emmanuel, Senateri KANZIZA Epiphanie, Senateri MUPENZI George; na Senateri UWERA Pélagie.

Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga, Leta y’u Rwanda yiyemeje kugendera ku mahame remezo. Muri ayo mahame remezo, harimo iryo “Kubaka Leta iharanira imibereho myiza y’abaturage no gushyiraho uburyo bukwiye kugira ngo bagire amahirwe angana mu mibereho yabo”.

Itangazo rya Sena y’u Rwanda rivuga ko mu bigaragaza ko iri hame remezo ryubahirizwa, harimo kuba Leta ifasha abaturage batishoboye badafite aho baba kuhabona kandi heza.

Nyuma yo kuva muri iki gikorwa abagize iriya Komisiyo bakora raporo irimo ibyiza n’ibibazo bahasanze igahabwa Inteko Rusange ya Sena ndetse hagashyirwamo imyanzuro ishyikirizwa Guverinoma.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. Claudia

    January 15, 2022 at 1:22 pm

    Iyi Commission nicutabare zitari zatugwaho. Jyewe ntuye mu mudugudu was Kinigi ariko inzu zatangiye kwiyasa kuburyo iyobimvura iguye cyangwa about hejuru barimo gukoropa amazi aturuka ahiyashije agahinguka hasi. Murakoze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI