Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru aheruka

Indoro ya Kwizera Olivier areba Dj Sonia n’amagambo yamubwiye biraca amarenga y’urukundo

Kwizera yakoresheje indirimbo yiyama abagabo n'abasore batekereza uyu mukobwa

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi Kwizera Olivier yifashishije indirimbo Let me Know ya Maleek Berry yaciye amarenga ko ashobora kuba ari mu rukundo n’umukobwa uvanga imiziki Sonia Kayitesi uzwi nka Dj Sonia.

Kwizera yakoresheje indirimbo yiyama abagabo n’abasore batekereza uyu mukobwa

Indirimbo Let me Know y’umuhanzi ufite ubwenegihugu bwo mu Bwongereza ukomoka muri Nigeria, Maleek Shoyebi niyo Kwizera Olivier yakoresheje agaragaza amarangamutima ye.

Ni indirimbo irimo amagambo y’urukundo aho uriya muhanzi aririmba avuga ati : ‘‘Menyesha niba ndi inshuti  isanzwe kuri wowe,  urabize nanga ko hari umugabo cyangwa umusore ukuvugisha.’’

Aya magambo yo muri iyi ndirimbo hari abayahuje n’uko byaba bifite aho bihuriye n’urukundo Kwizira Olivier arimo muri iyi minsi na Dj Sonia.

Kwizera yakiniye Rayon Sports mu mwaka ushize w’imikino, ariko muri Nyakanga atangaza ko yasezeye gukina nubwo yisubiyeho nyuma y’iminsi 21 ubwo yahamagarwaga mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Kuva icyo gihe, Rayon Sports yavugaga ko uyu munyezamu akiyifitiye amasezerano, ariko we akavuga ko umwaka umwe bari barasinyanye warangiye.

Nyuma yaho, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwegereye Kwizera, impande zombi zumvikana ko yahabwa miliyoni 8 Frw ku mwaka umwe cyangwa miliyoni 13 Frw mu myaka ibiri, akongera kuyikinira.

Mu kwezi gushije ni bwo impande zombi zumvikanye, ariko Rayon Sports ntiyahise yishyura uyu mukinnyi, na we yanga kwitabira imyitozo.

Abafana bibumbiye muri Fan Club ya Rockets ni bo bishyuye uyu mukinnyi kugira ngo asinye amasezerano mashya muri Rayon Sports.

Ibinyujije kuri Twitter, iyi kipe yatangaje ko “Kwizera yongereye igihe azamara muri Rayon Sports”, ariko ntihagaragajwe uko amasezerano ateye nubwo bivugwa ko ari umwaka umwe.

Uyu mukobwa w’uburanga akora ibijyanye no kuvanga imiziki

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

1 Comment

1 Comment

  1. bagambiki

    January 5, 2022 at 1:49 pm

    Twizere ko atari bya bindi babeshyana ko “bali mu rukundo”,nyamara akenshi baba bagamije kwiryamanira gusa.Bibabaza Imana yaturemye itubuza ubusambanyi.Kuba mu munyenga w’urukunda,ubabaza Imana yakuremye,ni ukutagira ubwenge,nubwo bikorwa na millions nyinshi z’abatuye isi.Bizatuma Babura ubuzima bw’iteka muli paradizo.Nubwo iyo bapfuye bababeshya ko baba bitabye imana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You May Also Like

Amakuru aheruka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,Gatabazi Jean Marie  Vianney, yasabye abayoboke b’idini rya Islam gukoresha telefoni nk’uburyo bwo kubibutsa ko bagomba kujya gusenga aho gukoresha indangururamajwi  bari...

Amakuru aheruka

Uwatangije iyi Kompanyi ngo igitekerezo cyashibutse mu magorwa yanyuzemo yiga; Bamaze gufasha abanyeshuri 300; barifuza ko buri mwaka bazajya bafasha 1,000; Mu myuga hari...

Uncategorized

Temporibus autem quibusdam et aut officiis debitis aut rerum necessitatibus saepe eveniet ut et voluptates repudiandae sint et molestiae non recusandae.

Amakuru aheruka

Amakipe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi yarenze muri kimwe cy’umunani kirangiza cya Champions League yamaze kumenya uko azahura muri ¼ cya Champions League yishakamo...

Copyright © 2023 IMITARI